rw-x-kinyabwisha_reg/43-LUK.usfm

1593 lines
127 KiB
Plaintext

\id LUK
\ide UTF-8
\h Luka
\toc1 Luka
\toc2 Luka
\toc3 luk
\mt Luka
\c 1
\cl Isura 1
\p
\v 1 Abantu kangari bapimye kwandika umwaze gw'ibyabeye muri twewe.
\v 2 Nkuko twabibariwe n'abavadimwe babyirebeye n'amaso gabo kandi abo bakozi nibo batumenyesheje iryo gambo.
\v 3 Niho na nyowe marire kubikurikira nyenyine uko byatangiye ngo mbone kubikwandikira nyakubahwa Teofilo.
\v 4 Kugira ngo bigufashe kumenya neza ibyigisho bya kweli kweli byo bakwigishije.
\p
\v 5 Igihe c'ubutegetsi bw'umami Herode w'i Yudeya, habagaho umukozi w'Imana witwaga Zakariya wo mu muryango gwa Abiya; umugore we yabaga uwo mu bahara ba Aroni, kandi yitwaga Lizabeti.
\v 6 Bombi bari batungenye hambere y'Imana bakurikizaga neza amategeko gose g'Imana, nta kosa bababwenye ho na rimwe.
\v 7 Ariko nta mwana baribazeye, kubera ko Lisabeti yari ar'ingumba, kandi bombi bari bashajire.
\p
\v 8 Noneho igihe co Zakariya yari ari gukora umurimo gwe hambere y'Imana akurikije igihe ce,
\v 9 Ubufindo bwamufatire, bakurikije umugenzo gw'abatambyi b'Imana ngo ayije mu nzu y' Imana gutwika ibihumuraga neza.
\v 10 Hanze hari hariyo abantu kangari barigusenga, muri ugo umwanya go gutwika ibihumuraga neza.
\v 11 Muri ako kanya Malayika w'Uhoragaho yabonekeye Zakariya, ahagarara iburyo bw'igitwikiro c' ibihumuraga neza.
\v 12 Zakariya amurebire arikanga, aratinya cane.
\v 13 Ariko Malayika aramubwira ngo: were gutinya, Zakariya, kubera ko Imana yashubije gusaba gawe. Muka wowe Lizabeti akakubyarire umuhungu, nawe ukamwite Yohana .
\v 14 Akakubere umunezero n'ibyishimo, kandi abantu kangari bakishimire kuvuka kwe.
\v 15 Kuko akabe umuntu ukomeye hambere y'Imana: ndo akagnwe inzoga cangwa ikintu cose gisindishaga, kandi akayuzuremo Umwuka Guboneye kuva acari mu nda ya mama we .
\v 16 Akagarure abana b'Israeli kangari ku Mwami Imana yabo.
\v 17 Akagendere hambere y'Imana m' Umwuka n'ingufu za Eliya, akahuze imitima y'ababyeyi n'abana babo; abatumviraga Imana nabo akabayobore mu bwenge bwo gutungana, ngo atayarishe ubwoko butunganiye Umwami Imana .
\p
\v 18 Zakariya yabajije Malayika ngo: ibyo nkabimenye gute? Ko ndi umukambwe, n'umugore wa nyowe akaba ari umukekuru.
\v 19 Malayika aramusubiza ngo: Ndi Gabrieli uhagararaga hambere y' Imana, kandi natumirwe kuganira na wowe, ngo ngucurire Umwaze guboneye.
\v 20 Reba rero, urahinduka ikiragi kandi ndo ukashobwere kugamba kugeza ku musi go ibyo bikabereho, kuberako ndo wemeye ko amagambo ga nyowe gakashohwere mugihe cago .
\v 21 Abantu barindiriye Zakariya, baratangara kuko yatinze mu nzu y'Imana.
\v 22 Yaviyemo atoshobora kugambana nabo: Bamenya ko hari ico yabeye mu nzu y'Imana: Akomeza kuba ikiragi, yaganiraga n'abantu arigukora amajeste.
\v 23 Imisi ye yo gukora mu nzu y'Imana irangiye, aragenda iwe mu rugo.
\p
\v 24 Imisi mikeya zishirire, Lizabeti, umugore we, aheka inda, amara amezi atanu yihishe arikugamba ngo:
\v 25 Ni ubuntu bw'Imana yangiriye, ubwo yanyitegereje akankuraho ikimwaro mu bantu.
\p
\v 26 Mu kwezi kwa gatandatu, Malayika Gabrieli atumwa n'Imana mu mugi gw'i Galilaya, aho bitaga Nazareti.
\v 27 Ku muhara warambagizwaga n'umusore wo mu nzu ya Daudi, witwaga Yozefu. Izina ry'uwo muhara yitwaga Mariya.
\v 28 Malayika yinjira muwe, aragamba ngo: Ndakuramukije, weho wagiriwe ubuntu, Umwami Imana ari hamwe na wowe.
\v 29 Iyo ndamutso imuhagarika umutima, Mariya atangira kwibaza ico iyo ndamutso isobanuye .
\v 30 Malayika aramubwira ngo: were gutinya Mariya; kuko wagize amahirwe hambere y'Imana.
\v 31 Kandi reba, uraheka inda, ukabyare umuhungu, ukamwite Yesu.
\v 32 Akabe umuntu ukomeye kandi akitwe Umwana w'Isumba byose, kandi Umwami Imana akamuhe intebe y'ubwami bya se Daudi.
\v 33 Akabe Umwami w'inzu ya Yakobo ibihe byose, kandi ubwami bwe ndo bukashire.
\p
\v 34 Mariya abwira Malayika ngo: " Ibyo si bikabe gute, ko ntari naryama n'umugabo?
\p
\v 35 Malaika aramusubiza ngo: "Umwuka Guboneye gukakwijeho, n'ingufu z'Isumba byose zikagutwikirize igicucu cayo. Niyo mpamvu Umwana utungenye wo ukabyare, izina rye n'Umwana w'Imana.
\v 36 Reba na Lizabeti, mwene wanyu ahekire inda nawe, inda y'umwana w'umuhungu yo mu bukekuru, none uwo bitaga ingumba ahekire inda y'amezi atandatu.
\v 37 Kubera ko nda conanira Imana.
\p
\v 38 Mariya aragamba ngo: Ndi umujakazi w'Umwami Imana, bimbere nkuko ugambire! Nuko Malayika arigendera .
\p
\v 39 Muri ugo mwanya, Mariya arahaguruka, aragenda arigutururuka, agenda mu misozi mu mugi gw'i Yudeya.
\v 40 Yayinjiye mu nzu ya Zakariya ahobera Lisabeti.
\v 41 Lizabeti yumvishije indamutso ya Mariya, umwana uri munda ye arasimbagurika, Lizabeti yujwira Umwuka Guboneye .
\v 42 Agamba n'ijwi rireyi cane ngo: Uhawe umugisha mu bagore bose, n'itunda ryo munda yawe naryo rirahiriwe.
\v 43 Mbesi gano ndo ari amahirwe kugira ngo nyina w'Umwami wa nyowe yije kuntemberera?
\v 44 Reba rero, ijwi ry'indamutso ya wowe rimarire kungera mu gutwi, umwana uri munda ya nyowe arigusimbagurika kubera ibyishimo.
\v 45 Hahirwa uwizeye, kubera ko ibintu by'Imana yamubwiye bigombye gusohora .
\p
\v 46 Nuko Mariya aragamba ngo: "Umutima gwa nyowe gurigushima Umwami."
\q2
\v 47 N'ubuzima bwa nyowe burikwishimira mu Mana, umukiza wa nyowe.
\q
\v 48 Kubera ko yatereye amaso k'ubukene bw'umujakazi we. Kuko guhera buno abantu bose bakanyite uhiriwe.
\q2
\v 49 Kubera ko Ushobweye byose yankoreye ibintu bikomeye. Izina rye riraboneye cane.
\q
\v 50 Kandi imbabazi ze azigiriraga abamwubahaga ibihe byose.
\q
\v 51 Yerekanye ingufu z'ukuboko kwe; yatatanyije abagiraga intekerezo z'ubwirasi mu mitima zabo .
\q
\v 52 Yahiritse abakomeye ku ntebe zabo, kandi yashize hejuru aboroheje.
\q
\v 53 Yahagije ibiboneye abashonji, yirukanye abakire amaboko gabo garimo busha .
\q
\v 54 Yatabeye Israeli, umukozi wayo kandi yibutse imbabazi zayo.
\q
\v 55 Nkuko yari yabwiye ba sogokuru, Aburahamu n'urubyaro rwe ibihe byose .
\p
\v 56 Mariya aguma hamwe na Lizabeti hafi y'amezi atatu. Hanyuma asubira iwabo.
\p
\v 57 Igihe co Lisabeti yagombaga kubyara kiragera, nuko abyara umuhungu.
\v 58 Abaturanyi be hamwe na ab'umuryango gwe, bamenya ko Umwami Imana yamugiriye neza, bose bishimye Imana hamwe nawe .
\p
\v 59 Umusi gwa munane gugeze, bazana umwana gukatwa, kandi benda kumwita Zakariya, izina rya se
\v 60 Ariko nyina afata igambo, aragamba ngo: Oya, izina rye ni Yohana.
\v 61 Baramusubiza ngo: Nta muntu numwe wo mu muryango gwanyu wafashe iryo zina.
\v 62 Babaza se bariguca amarenga ngo bamenye uko yenda ko bamwita.
\v 63 Zakariya asaba ico kwandikaho, nuko arandika ngo Yohana niryo zina rye. Abantu bose baratangara .
\v 64 Muri ugo mwanya, umunwa gwe gurafunguka, ururimi rwe rurifungura, aragamba arigushima Imana.
\v 65 Abaturanyi babo bose baratinya kandi abatuye mu misozi y'i Yudeya baganiraga kur'ibyo byabeye byose.
\v 66 Ababimenye bose babibika mu mitima zabo, barikugamba ngo: ''Mbesi wuno mwana akabe gute ra? Kandi ukuboko k'Umwami Mana kwabanaga nawe .
\p
\v 67 Se Zakariya yujwira Umwuka Guboneye, atangira kugambishwa n'Imana muri gano magambo:
\q
\v 68 Umwami Mana ishimirwe, Imana y'Israeli, kuko yatembereye ubwoko bwayo no kubukiza.
\q
\v 69 Kandi yatuzaniye Umukiza ukomeye wo mu nzu ya Daudi umukozi wayo.
\q
\v 70 Nkuko yabigambiye mu kannwa k' imbuzi zo mu bihe bya kera.
\q2
\v 71 Ni Umukiza ukadukize abanzi bacu, akadukure mu maboko g'abatwangaga bose !
\q
\v 72 Uko niko yerekanye imbabazi zayo kuri ba sogokuruza kandi ikibuka n'indagano yayo.
\q
\v 73 Akurikije indahiro yo yarahiriye sogokuru Aburahamu:
\q
\v 74 Yo kutwemerera gukorera Imana tutari gutinya, nyuma y'uko dukuwe mu maboko g'abanzi bacu.
\q
\v 75 Tukagendera hambere yayo, m' ubutungane no gukiranuka imisi yose y'ubuzima bwacu.
\q
\v 76 Kandi nawe mwana mutoya, bakakitwe imbuzi y'Imana Isumba byose, kubera ko ukagendere mu maso g'Umwami Imana, uri gutayarisha kwija kwe.
\q
\v 77 Kugira ngo umenyeshe ubwoko bwayo ko bwakizwa kubwo kubabarirwa ibyaha byabo.
\q
\v 78 Kubera umutima gw'imbabazi gw'Imana yacu, nigo gukatume izuba riturasira riturutse mu juru.
\q
\v 79 Rikavira abikeye mu muyobe no mu gicucu c'urupfu no kuyobora intambwe zacu mu nzira y'ituze.
\p
\v 80 Nuko, umwana arakura, no gukomerera m'Umwuka. Agenda kuba mu butayu. Aguma yo kugeza umusi go yayijire kwiyerekana hambere y'Abisraeli.
\c 2
\cl Isura 2
\p
\v 1 Muri ico gihe, Kayisari Ogusto yatanze itegeko ryo kubarura abantu bose bo kw'isi.
\v 2 Iryo barura ryo hambere ryabeyeho igihe Kirinyusi yari umuguverineri w'i Siria.
\v 3 Abantu bose bagenda kwiyandikisha, buri wose mu mugi gw'iwabo.
\v 4 Yozefu nawe yaviye i Galilaya mu mugi gw'i Nazareti agenda i Yudeya mu mugi gwa Daudi, aho bitaga i Betelehemu, kubera ko yari uwo mu nzu ya Daudi n'uwo mu muryango gwe.
\v 5 Kugira ngo yiyandikishe hamwe na Mariya wari mwirakazi we kandi ahekire inda.
\v 6 Bacari aho, igihe ca Mariya co kubyara cageze.
\v 7 Nuko abyara umuhungu we wa mbere. Aramugorosa, amuryamisha mu muzinga, kubera ko baribaburire umwanya mu nzu yo gucumbikamo .
\p
\v 8 Hafi yabo, habagaho abashumba bari baraye mu gasozi barikurinda intama zabo mu joro.
\v 9 Nuko Malayika w'Umwami Mana arababonekera, ubwiza bw'Umwami Mana burabazunguruka impande zose bagira ubwoba bwinshi .
\v 10 Ariko Malayika arababwira ngo: mwere gutinya, kuko ndikubacurira umwaze guboneye go gushimisha abantu bose:
\v 11 Guno musi, mu mugi gwa Daudi, habavukiyeyo Umukiza, ariwe Kristo, Umwami Imana.
\v 12 Murebe ikimenyetso kiratuma mwomumenya: Murasanga umwana wo borogoshe aryamire mu muzinga.
\v 13 Ugo mwanya abasoda kangari baturukire mu juru basanga uwo malayika barigushima Imana barikugamba ngo:
\p
\v 14 Icubahiro n'ic'Imana mu juru ryo hejuru, n'ituze ribe mu si mu bantu bose bo yishimiraga !
\p
\v 15 Bamalayika bamarire kugenda basubiye mu juru, abashumba barabwirana ngo: Reka tugende i Betelehemu, turebe ibyabeyeyo, iby'Umwami Imana yatumenyesheje.
\v 16 Bagendayo barigutururuka, basanga Mariya na Yozefu n'uruhinja ruryamishijwe mu muzinga .
\v 17 Barangije kumureba, bagamba ibyo babwiwe kubyerekeye urwo ruhinja.
\v 18 Ababyumvishije bose batangejwe n'ibyo abo bashumba bari barikugamba.
\v 19 Mariya abika iyo siri mu mutima gwe akabaho arikubyibuka.
\v 20 Nuko abashumba bisubirirayo, barigushima Imana no kuyihimbaza kubyo bumvishije nibyo babwenye, kandi bihwanye nibyo babwiwe.
\p
\v 21 Umusi gwa munane go gukata umwana gugeze, bamwise Yesu, iryo Malayika yari yabwiye nyina atari yaheka inda.
\p
\v 22 Imisi yo kwiyeza irangiye, ukurikije itegeko rya Musa, Yozefu na Mariya bajanye umwana i Yerusalemu, kumwerekana ku Mwami Imana.
\v 23 Ukurikije ibyandikirwe mu mategeko g'Umwami Imana ngo: "Umwana w'umuhungu wose wo hambere akarekanwe hambere y'Umwami Imana ".
\v 24 Bagatura amaturo g'inuma ibiri cangwa intunguru zibiri nkuko byandikirwe mu mategeko g'Umwami Imana .
\v 25 Kandi i Yerusalemu habagayo umuntu witwaga Simiyoni. Uwo mugabo yari intungane kandi yubahaga Imana, yari ari ategereje uwo guhumuriza Israeli, kandi Umwuka Guboneye gwamubagamo.
\v 26 Yari yaburiwe n'Umwuka gw'Imana ko atakapfe atarabona Kristo w'Umwami Imana.
\v 27 Yija mu nzu y'Imana arigusunikwa n'Umwuka gw'Imana. Igihe ababyeyi be bazanye Umwana Yesu kumukoreraho umuhango gw'amategeko,
\v 28 Aramufata mu maboko ge, no gushima Imana arikugamba ngo:
\p
\v 29 Buno, Mwami, ureke umukozi wawe yigendere mu tuze, ukurikije igambo rya wowe .
\q1
\v 30 Kuko amaso ga nyowe gabwenye agakiza kawe.
\q2
\v 31 Agakiza ko watayarishirije abantu bose.
\q1
\v 32 Umwangaza go kwakiriza amahanga, n'icubahiro ca Israeli ubwoko bwa wowe .
\p
\v 33 Se na nyina batangazwaga nibyo abantu bamugambagaho.
\v 34 Simiyoni arabagisha, abwira nyina Mariya ngo: "Reba, wuno mwana abereyeho kugira ngo abantu kangari bagwe n'abandi akangari babyuke mu Israeli, kandi no kuba ikimenyetso co kugirwa ho impaka.
\v 35 Kandi nawe umusho gukagutobore mu mutima, kugira ngo ibyo abantu kangari batekerezaga mu mitima bigaragare.
\v 36 Habagaho n'umugore w'imbuzi y'Imana witwaga Ana umuhara wa Penuweli, wo mu muryango gwa Aseri, yari umukekuru cane, yamaranye n'umugabo we imyaka irindwi gusa kuva akimusanga.
\v 37 Kandi yari amarire imyaka mirongo munane n'ine ari umupfakazi, ndo yavaga mu nzu y'Imana, yakoreraga Imana ijoro n'umutaga arikwiyiriza busha ari no gusaba.
\v 38 Kuri iyo saha nawe arija, arigushima Imana, arikugamba ibya Yesu arikubibwira abari barindiriye gutabarwa kwa Yerusalemu.
\v 39 Bamarire gusohoza imihango yose yategekirwe n'Umwami Imana, Yozefu na Mariya basubira i Galilaya mu mugi gwabo gw'i Nazareti.
\p
\v 40 Nuko umwana arakura, agira ingufu, n'ubwenge bwinshi, kandi ubuntu bw'Imana bwamubagaho.
\p
\v 41 Ababyeyi ba Yesu bagendaga i Yerusalemu buri mwaka mu musi mukuru gwa Pasika.
\v 42 Ubwo yari amarire imyaka cumi n'ibiri, bagendayo bakurikije umuhango gw'umusi mukuru.
\v 43 None ho imisi yo kubayo zishirire, basubiye iwabo. Umwana Yesu yisigarira i Yerusalemu, se na nyina batabimenya.
\v 44 Babaga barikwibwira ko ari hamwe n'abira be, bakora urugendo rw'umusi gose barikumushakira mu abo umuryango n'abira babo.
\v 45 Ariko batamubwenye, basubira i Yerusalemu kumushakirayo.
\v 46 Hanyuma y'imisi itatu bamusanze mu nzu y'Imana, yikeye hagati y'abalimu b'amategeko, arikubumviriza no kubabaza ibibazo.
\v 47 Abari bari kumwumva bagatangazwa n'ubwenge bwe n'ibisubizo bye.
\v 48 Ababyeyi be bamubwenye, nabo baratangara, nyina aramubwira ngo: Mwana we, kubera ki watugize guco? Dore, so na nyowe twari turikugushaka turikuganya.
\v 49 Yesu arababwira ngo: mwari muri kunshakira ki? Ndo mwiji ko ngombye gukora imirimo ya Data?
\v 50 Ariko bo ndo bamenye ico arikubabwira .
\v 51 Nuko agenda nabo bagiye i Nazareti, kandi yarabumviraga. Nyina yabikaga ibyo byose mu mutima gwe.
\p
\v 52 Yesu nawe akurira mu bwenge, no mugihagararo, no mu buntu imbere y'Imana n'abantu.
\c 3
\cl Isura 3
\p
\v 1 Umwaka gwa cumi na gatano gw'ubwami bwa Tiberi Kaizari, Pontio Pilato arigutegeka i Yudeya, Herode arigutegeka i Galilaya, mwene se Filipo arigutegeka i Tureya n'igice ca Trakonite na Lisaniasi arigutegeka i Abilene,
\v 2 no mugihe c'abatambyi bakuru Ana na Kayafa, igambo ry'Imana ryija kuri Yohana, muhungu wa Zakariya mu butayu.
\v 3 Nuko agenda mu bihande byose by'igihugu bizungurukire Yorodani, arikwigisha ngo abantu babatizwe mu kwihana kugira ngo babarirwe ibyaha.
\v 4 Nkuko byandikirwe mu gitabo c'amagambo ga Yesaya, ugambishwaga n'Imana ngo: N'ijwi ririkwakurira mu butayu ngo: mutayarishe inzira y'Umwami Imana, kandi murambure imigenderano ye.
\q1
\v 5 Ikibaya cose kikuzuzwe, umusozi gwose n'agosozi kose kakashirwe hasi, ikihengamire kikagororwe n'udutsiba nzira tukaharurwe.
\q1
\v 6 Ufite umubiri wose akabone agakiza k'Imana.
\p
\v 7 Yari arikubwira abiyijire kubatizwa bose ngo: Mwewe bwoko bw'inzoka za butugu, ni nde wababuriye ngo muhunge umujinya guri kwija?
\v 8 Nuko rero, mwere amatunda gakwiriye abihannye, mwere kugamba murikwibwira ngo: Dufite Data Aburahamu! Ndababwiye ko Imana ishobweye kubyarira Aburahamu abana muri gano mabuye.
\v 9 Ndetse buno ishoka yashirirwe ku mizi y'igicici c'igiti: Igiti cose kitari kwera amatunda gaboneye kikacibwe no gutabwa mu muriro.
\p
\v 10 Abantu baramubaza ngo: None dukore ki?
\p
\v 11 Arabasubiza ngo: Ufite imyenda ibiri ahe gumwe utagufite kandi n'ufite ibiryo nawe agire guco.
\p
\v 12 Hija abasoreshaga ipalata ngo babatizwe, maramubaza ngo: Mwalimu, twewe dukore ki?
\p
\v 13 Arabasubiza ngo: Mwere kwaka abantu ibiruta ibyo mwategekirwe.
\p
\v 14 N'abasoda nabo baramubaza ngo: none na twewe, dukore ki? Arabasubiza ngo: Mwere guhoza umuntu uwo ariwe wose, mwishimire umushahara gwanyu.
\p
\v 15 Nkuko abantu barindiriye, barikwibaza niba Yohana atariwe Kristo,
\v 16 arababwira bose ngo: Nyowe ndikubabatirisha amazi, ariko harikwija undusha ingufu, ndetse ntaho nkwiriye guhambura utugozi two ku birato bye. We akababatirishe Umwuka gw'Imana n'umuriro.
\v 17 Afite akayungiro mu kuboko kwe, akakondore imbuga ye, kandi akahunike ingano mu kigega ce, naho ibiharoharo akabitwike mu muriro gutazima.
\p
\v 18 Uko niko Yohana yacuriye abantu ugo mwaze guboneye, ari no kubigisha byinshi.
\v 19 Ariko Herode, amarire gucahwa na Yohana kubyerekeye Herodiya, umugore wa mwene nyina, n'ubundi bukozi bw' ibibi bwinshi yabaga arigukora,
\v 20 Yongera kur'ibyo byose, gushira Yohana mu pirizo.
\p
\v 21 Abantu bose baribatarangiza kubatizwa, Yesu nawe arabatizwa; ubwo yari arigusenga ijuru rirafunguka,
\v 22 n'Umwuka gw'Imana gumwijaho mu sura y'inuma, niho ijwi ryaturutse mu juru ririkugamba ngo: Uri Umwana wa nyowe wo nkundaga kandi ngakwishimira.
\p
\v 23 Yesu yari amarire imyaka hafi mirongo itatu atangira umurimo gwe, abantu bibwiraga ko ari muhungu wa Yozefu, mwana wa Heli.
\v 24 wazewe na Matati, mwene Lewi, mwene Meluki, mwene Yanayi, mwene Yozefu.
\p
\v 25 Mwana wa Matatiya, mwene Amosi, mwene Nahumu, mwene Esili, mwene Nagayi,
\v 26 mwene Maati, mwene Matatiya, mwene Semeyini, mwene Yoseki, mwene Yoda,
\p
\v 27 Mwene Yohanani, mwene Resa, mwene Zerubabeli, mwene Salatieli, mwene Neri,
\v 28 Mwene Meluki wazewe na Adi, mwene Kosamu, mwene Elumadamu, mwene Eri,
\p
\v 29 Mwene Yesu, mwene Eliyezeri, mwene Yorimu, mwene Matati wazewe wa Lewi,
\v 30 Mwene Simeyoni, mwene Yuda, mwene Yozefu, mwene Yonamu, mwene Eliyakimu,
\p
\v 31 Mwene Meleya, mwene Mena, mwene Matata, mwene Natani, mwene Dawidi.
\v 32 Mwene Yesayi, mwene Obedi, mwene Bowazi, mwene Salumoni, wazewe na Nahasoni,
\p
\v 33 Mwene Aminadabu, mwene Aruni, mwene Hesironi, mwene Peresi, mwene Yuda.
\v 34 Mwene Yakobo, mwene Isaka, mwene Aburahamu, mwene Tera, mwene Nahori,
\p
\v 35 Mwene Serugi, mwene Rewu, mwene Pelegi, mwene Heberi, mwene Shela,
\v 36 Mwene Kenani, mwene Arupakisadi, mwene Shemu, mwene Nowa, mwene Lameki,
\p
\v 37 mwene Metusela, mwene Henoki, mwene Yeredi, mwene Mahalaleli, mwene Kenani.
\v 38 Mwene Enoshi, mwene Seti, mwene Adamu, w'Imana.
\c 4
\cl Isura 4
\p
\v 1 Yesu yujwiyemo Umwuka Guboneye, aturutse kuri Yorodani, Umwuka guramujana mu kidatuwe.
\v 2 Ageragerezwayo na Shetani mu misi mirongo ine. Ndo yaryaga muri iyo misi, nuko irangiye apfa inzara.
\v 3 Shetani aramubwira ngo: Mbesi si kuri Umwana w' Imana ra wotegeka gano masarabwayi gakahinduka umukati.
\p
\v 4 Yesu arayisubiza ngo: None si ndo wiji ko byandikirwe ngo: Umuntu ndo akabeshweho n'umukati gusa.
\p
\v 5 Shetani yamushize hejuru k' umunara no kumwereka mu kanya gatoya ubwami bwose bwo mu si.
\v 6 Aramubwira ngo: Nkaguhe ubu butware bwose, n'icubahiro ca buno bwami kuko nabihewe, kandi nobiha ndenda.
\v 7 Niba rero wompfukamira no kundamya, byose bikabe ibya wowe.
\p
\v 8 Yesu aramusubiza ngo: ko byandikirwe si ngo: Ukapfukamire Umwami, Imana ya wowe kandi niyo ukakorere yonyine?
\p
\v 9 Shetani yongera kumugendana i Yerusalemu, amupandisha ku gasongero k'inzu y'Imana, aramubwira ngo: Ubeye uri Umwana w'Imana witerere hasi, kuko byandikirwe ngo:
\v 10 Ikategeke abamalayika bayo kugira ngo bakurinde.
\q1
\v 11 Kandi bakakuramire mu maboko gabo, kugira ngo ikirenge cawe cere gusitara ku buye.
\p
\v 12 Yesu aramusubiza ngo: Byagambirwe ngo: were kugerageza Umwami Imana ya wowe.
\p
\v 13 Amarire kumugerageza murizo nzira zose, Shetani yigira kure ye, imurindiriye ikindi gihe.
\p
\v 14 Yesu yambeye ingufu z'Umwuka, asubira i Galilaya, kandi yongeza kumenyekana hose mu bice byose bizungurutse ico gihugu.
\v 15 Yigishirizaga mu masinagogi, kandi bose bakamushima.
\p
\v 16 Agenda i Nazareti, aho yakuriye. Nkuko yari yaramenyereye yinjira mu sinagogi ku musi gw'isabato, arahaguruka kugira ngo asome amandiko.
\v 17 Bamuha igitabo c'ubuhanuro bwa Yesaya. Arakizingura, asanga ahandikirwe ngo :
\q1
\v 18 Umwuka gw'Imana guri kuri nyowe, kuberako yansigire amavuta kugira ngo ncurire abakene Umwaze guboneye; yantumye gukiza abafite agahinda mu mutima,
\q2
\v 19 Kumenyesha abafungirwe ko bafunguwe, n'impumyi ko zihumutse n'abari kurengana ko barenganuwe, no gutangaza umwaka gw'ubuntu bw'Umwami Imana."
\p
\v 20 Nuko azinga ico gitabo, akigarurira umukozi, arikara. Abari bari mu sinagogi bose baramutumbira.
\v 21 Hanyuma atangira kubabwira ngo: Guno musi iri gambo ry' ibyandikirwe rirujwiye mu matwi ganyu.
\p
\v 22 Kandi abantu bose baramwemera; batangajwe n'amagambo gaboneye gaturutse mu kanwa ke, baragamba ngo:" Mbesi wuno ndo ari muhungu wa Yozefu? "
\p
\v 23 Yesu arababwira ngo: Ni ngombwa ko mwancira ho umwaze ngo: Munganga wo kwikiza; kandi murambwira ngo: ibyo mumvishije ko wakorey'i Kaperinaumu, bikore na hano ha wenu.
\v 24 Arongera ngo, ndababwiye m'ukuri, nta mbuzizi yemerwaga iwabo.
\v 25 Ndababwiye kweli kweli ko habagaho abapfakazi kangari mu Israeli mu gihe c'umbuzi Eliya, ijuru rirakingwa imyaka itatu n'amezi atandatu nuko habaho inzara ikomeye ku si yose.
\v 26 Ariko nta n'umwe muri abo bo Eliya yatumweho, keretse ku mupfakazi w'i Sarepata, mu gihugu c'i Sidoni.
\v 27 Habagaho n'ababembe kangari mu Israeli mu gihe ca Elisa imbuzi; ariko nta numwe wakijijwe, keretse Namani w'i Siriya.
\v 28 Abari bari mu Sinagogi bose bararakara bamarire kumva ibyo byose.
\v 29 Barahaguruka, bamwirukana mu mugi gwabo, baramuhurutura, bamugeza ku musozi hejuru ahubatswe umugi, kugira ngo bamugogomeshe ku musozi.
\v 30 Ariko Yesu abanyuramo hagati arigendera.
\p
\v 31 Arateremuka yigendera i Kaperinaumu umugi gw'i Galilaya, yigisha ku musi gw'i Sabato.
\v 32 Bose bemeraga inyigisho ze kubera ko yabaga arikwigisha afite ubutware n'ingufu.
\v 33 Mu Sinagogi habagamo umuntu wari urimo n'umwuka gw'abadaimonii, arabira cane ngo:
\v 34 Ayi! Ni iki kiri hagati yacu nawe, Yesu w'i Nazareti? Wayijire kuturimbura. Nyiji uwo uriwe: Uri utunganye w'Imana.
\p
\v 35 Yesu aramuhoza ngo: Funga umunwa, kandi uve muri wuno muntu. Ubwo dayimoni imugaragura hasi hagati y'iteraniro, imuvamo nta n'ikibi imugiriye.
\p
\v 36 Abantu bose bagira ubwoba, barabwirana ngo: Iri n'igambo ki? Arigutegekesha imyuka mibi ubutware n'ingufu ikavamo!
\v 37 Kumenyekana kwe gukwira hose mu turere twegeranye n'aho.
\p
\v 38 Aviye mu Sinagogi, agenda mu nzu ya Simoni. Nyirabukwe wa Simoni yari yarwaye agapururu nuko baramumwingingira.
\v 39 Amuhagarara iruhande, acaha ako gapururu kamuvamo. Muri ako kanya arahaguruka abaha ibiryo.
\p
\v 40 Izuba rimarire kurenga, abari bari bafite abarwayi b'uburyo bwose, barabamuzanira. Arambika ibiganza kuri buri wose, arabakiza.
\v 41 Abadaimoni nabo bava mu bantu kangari barikwabira ngo: Uri Umwana w'Imana. Ariko arabahoza, no kutabemerera kugamba kubera ko bari bamenye ko ariwe Kristo.
\p
\v 42 Bumarire guca, yasohotse agenda ahandu hadatuwe. Abantu kangari bija kumushakisha hose, bagera aho yari ari benda kumwibanira ngo yere kongera kubacika.
\v 43 Ariko arababwira ngo: Ngombye no gucurira Umwaze Guboneye g'Ubwami bw'Imana mu yindi migi; kubera ko arico canzenye.
\p
\v 44 Nuko yigishiriza mu masinagogi g'i Galilaya.
\c 5
\cl Isura 5
\p
\v 1 Ubwo Yesu yari ari ku nkengero y'ingezi y'i Genezareti, abantu baramuzunguruka kugira ngo bumve igambo ry'Imana,
\v 2 Abona ubwato bubiri buri ku nkengero z'ingezi, aho abarobyi bari barikogereza ubutimba bwabo.
\v 3 Yinjira mu bwato bwa Simoni, amusaba ngo abusunikire mu mazi. Nuko yikeye, atangira kwigisha abantu.
\v 4 Amarire kwigisha abwira Simoni ngo: genda mu mazi hagati, uterere ubutimba urobe.
\p
\v 5 Simoni aramusubiza ngo: Mwalimu, twakoze ijoro ryose, ntaco twafashe, ariko, kubera ko ari weho ugambire, ndabikoze.
\v 6 Hanyuma yo kubuterera, bafata amahere kangari, kandi ubutimba bwenda gutoboka.
\v 7 Barebura bira babo bari mu bundi bwato ngo bije kubafasha. Bayijire, buzuza ago mato gombi k'uburyo gari gatangiye kuzika.
\v 8 Simoni Petro abwenye ibyo, apfukamira Yesu aragamba ngo: Mwami, va hano ho ndi kuko ndi umukozi w"ibibi.
\v 9 Kubera ko yagize ubwoba bwinshi, we nabo bari bari hamwe bose kubera ubwo burobyi bakorire.
\v 10 Niko byabeye no kuri Yakobo na Yohana bahungu ba Zebedayo bira ba Simoni. Nuko Yesu abwira Simoni ngo: were gutinya, guhera buno ukabe umurobyi w'abantu.
\v 11 Bamarire kugarura amato ku nkengero, basiga byose, baramukurikira.
\p
\v 12 Ubwo Yesu yari ari muri gumwe mu migi, hija umuntu urwaye ibibembe, abwenye Yesu amugwa hambere, aramusaba ngo: Mwami, niba ubishatse, wonkiza.
\p
\v 13 Yesu amukozaho ukuboko, aragamba ngo: Ndabishaka, kira. Ako kanya ibibembe birasimbuka.
\p
\v 14 Aramutegeka ngo yere kugira uwo yobibwira n'umwe, ngo ahubwo agende kwiyerekana ku mukozi w'Imana, ature ituro ryuko yogejwe, iryo Musa yanditse kugira ngo ribabere ubudimwe.
\v 15 Ahubwo iraporo kuri we ryasakaye hosee, n'abantu kangari bija kumva uko Yesu arabigisha no gukiza indwara zabo.
\v 16 Nawe agenda mu kidatuwe arigusenga.
\p
\v 17 Umusi gumwe Yesu yari arikwigisha, Abafarisayo n'abalimu b' amategeko bari bikeye, baturutse mu nsisiro zose z'i Galilaya, z'i Yudea n'i Yerusalemu, ingufu z'Umwami Imana zikigaragaza muri we gukiza indwara.
\v 18 Maze abantu bari bahetse ku buriri umuntu wari waramugaye, bashaka uko bomwinjiza bakamutura mu maso ge.
\v 19 Kubera ko abantu bari bari kangari, babura aho bamunyuriza, batarama ku gasongero k'inzu, bamunyuza mu gipfumure, baramuteremura ari ku buriri bwe, hagati y'iteraniro bamugeza hambere ya Yezu.
\v 20 Yesu abwenye ukwizera kwabo, aragamba ngo: we mugabo we, ibyaha byawe urabibarariwe.
\p
\v 21 Abanditsi n'Abafarisayo, batangira kwibaza no kugamba ngo: wuno si ni nde urikugamba ibidakwiriye? Ni nde wobabarira ibyaha si atari Imana yonyine?
\p
\v 22 Yesu amenya intekerezo zabo, afata igambo aragamba ngo: ni ntekerezo ki mufite mu mitima yanyu?
\v 23 Icorohire ni ikihe, kugamba ngo: ibyaha byawe urabibabariwe cangwa ngo: haguruka ugende?
\v 24 Kugira ngo rero mumenye ko Umwana w'umuntu afite ku si ubushobozi bwo kubabarira ibyaha: ndagutegetse, haguruka ufate agasambi kawe utahe iwawe.
\v 25 Muri ako kanya, arahaguruka hambere yabo afata agasambi ko yari aryamire ho, yigira munzu ye ariguhimbaza Imana.
\p
\v 26 Bose baratangara kandi bahimbaza Imana; baratinya, baragamba ngo: Ugu musi twabwenye ibintu bidasanzwe.
\p
\v 27 Hanyuma, Yesu arahava, abona umusoresha witwaga Lewi yikeye mu hema ry'abasoreshaga. Aramubwira ngo; nkurikira.
\v 28 Nuko asiga byose, arahaguruka, aramukurikira.
\p
\v 29 Lewi amukorera umusi mukuru mu nzu ye, hamwe n'abasoreshaga kangari n'abandi bantu bari bari hamwe ku meza.
\v 30 Abafarisayo n'abakarani barabubura, babwira abanafunzi be ngo: Kubera iki murikurya no kugnwa hamwe n'abasoresha n'abantu bakoraga ibibi?
\p
\v 31 Yesu afata igambo arababwira ngo: Abantu bazima ntaho aribo bakeneye umunganga, keretse abarwayi.
\v 32 Ntaho nayijire kwihanisha abakiranutsi, keretse abanyabyaha.
\p
\v 33 Baramubwira ngo: Abanafunzi ba Yohana n'aba Abafarisayo, biyirizaga busha kenshi no gusenga cane, naho abawe baryaga kandi bakagnwa.
\p
\v 34 Yesu arabasubiza ngo: Mbesi mwotegeka kwiyiriza busha abra b'umukwe umukwe acari hamwe nabo?
\v 35 Imisi ikayije ubwo umukwe akabakurwemo, ubwo niho bakayirize busha.
\v 36 Nuko abacurira umwaze ngo: Nta muntu utanyuraga ikiremo k'umwenda mushasha ngo agitere k'umwenda gushaje. Abate akorire guco, ico yatanyuye ku mwenda mushasha ndo cokwirana n'umwenda gushaje.
\v 37 Kandi ndo wosuka inzoga y'umushuhira mu bibindi bishaje, bibeye guco inzoga y'umushuhira yoturitsa ibyo bibindi, igaseseka hasi n'ibyo bibindi bigapfa busha.
\v 38 Ahubwo n'ugusuka inzoga y'umushuhira mu bibindi bishasha.
\v 39 Kandi ntaho umuntu wamara kunywa inzoga y'umuramba ngo acangemo n'umushuhira kuko bagambaga ngo: inzoga y'umuramba niyo iboneye.
\c 6
\cl Isura 6
\p
\v 1 Ku musi gw'isabato gwa kabiri g'ukwezi kwa mbere, Yesu anyura mu mirima y'amasaka. Abigishwa be baca amahundo, bagavungira mu ntoke zabo, baragahekenya.
\v 2 Abafarisayo bamwe barababaza ngo: Kubera ki muri gukora ibitemewe gukora k' umusi gw'sabato ?
\p
\v 3 Yesu arabasubiza ngo: Mbese ndo mwasomiree ico Daudi yakoze, ubwo yari afite inzara, we hamwe n'abari hamwe nawe?
\v 4 Ko yinjiye mu nzu y'Imana agafata imikati yo kumurikwa, akayirya akanayihaho n'abo bari bari hamwe, kandi yemerewe kuribwa n'abakozi b'Imana gusa?
\v 5 Kandi arababwira ngo: Umwana w'Imana n'umutware w'i sabato .
\p
\v 6 K'ugundi musi gw'i sabato, Yesu yinjira mu sinagogi, aragisha. Hari harimo umuntu wumye ukuboko kw'iburyo.
\v 7 Abakarani n'abafarisayo bitegereza Yesu, kureba niba arakiza umuntu ku sabato kugira ngo babone impamvu yo kumurega.
\v 8 Yari yiji ibitekerezo byabo, nuko abwira uwo muntu w'ukuboko kwumye ngo: Hagaruka, uhagarare hariya hagati. Arahaguruka arahagarara.
\v 9 Yesu arababwira ngo: Ndikubabaza niba ku sabato byemewe gukora neza cangwa kugira nabi, gukiza umuntu cangwa kumwica.
\v 10 Nuko atunga amaso ku bantu bose, nuko abwira uwo muntu ngo: "Rambura ukuboko kwawe." Akora guco, n'ukuboko kurakira.
\v 11 Bagira uburakari bwinshi, bapanga ibyo gukorera Yesu.
\p
\v 12 Muri ico gihe, Yesu agenda k' umusozi gusenga, amara ijoro ryose arigusenga Imana.
\v 13 Bumarire guca, ahamagara abanafunzi be, arondora mo icumi n'ababiri, abita intumwa .
\v 14 Amazina g' intumwa ni gano: Simoni wo yise Petro, Andreya mwene nyina, Yakobo, Yohana, Filipo, Baritolomayo.
\v 15 Matayo, Tomasi, Yakobo mwene Alufayo, Simoni witwa Zelote.
\v 16 Yuda mwene Yakobo na Yuda Iskarioti wabeye umugambanyi.
\v 17 Ateremukana nabo, ahagarara ku karambo, ahari igikundi c'abanafunzi n'abantu kangari b'i Yudeya yose, n'i Yerusalemu, n'igihugu c'Itiro n'Isidoni gihereranye n'ingezi nini. Bari bijire kumwumva no gukizwa indwara zabo.
\v 18 Abari bari kubabazwa n'imyuka mibi barakizwa.
\v 19 Kandi abantu bose bashakaga kumukoraho, kuko imbaraga zamuvagamo zikabakiza bose .
\p
\v 20 Maze Yesu yitegereza abanafunzi be arababwira ngo: Murahiriwe mwewe abakene, kuko ubwami bw'Imana ari ubwanyu.
\q
\v 21 Murahiriwe mwewe abafite inzara buno kuko muzakazwe! Murahiriwe mwewe abari kurira buno, kuko mukabe mu byishimo.
\q
\v 22 Murahirwa, ubwo abantu bakabange, ubwo bakabirukeho, ubwo bakabatuke, no gusebya amazina ganyu no kubahindura babi, barikubaryoza Umwana w'umuntu!
\p
\v 23 Ugo musi, mukishime, munezerwe kubera ko mukahabwe akangari mu juru: Kuko ariko basekuruza babo bagenjeje abahanuzi.
\q
\v 24 Ariko, mugushije ishano mwewe abakire, kuko mufite ibyo kubanezeza.
\q
\v 25 Mugushije ishano mwewe abahaze, kuko mukapfe inzara! Mugushije ishano mwewe abariguseka buno, kuko mukarire hanyuma.
\q
\v 26 Mukabone ishano, ubwo abantu bose bakabagambeho byiza, kuko ariko basekuruza bagenjeje abahanuzi b'ibinyoma !
\p
\v 27 Ariko ndababuriye mwewe abarikunyumva: Mukunde abanzi banyu, mugirire neza ababangaga.
\v 28 Abari kubavuma mubagishe, musengere abari kubagirira nabi.
\v 29 Niba umuntu agukubise k'umushaya, umuhindurire n'ugundi. Niba umuntu akwatse umwenda gw'iruguru, utamubuza kujana n'umwenda go hasi.
\v 30 Ugusabye wose umuhe, n'ukwatse ibyawe, were kumuburanya.
\v 31 Ibyo mushaka ko abantu babakorera namwe abe aribyo mubagenzereza.
\v 32 Niba mukunze ababakundaga bakashimirwe kuki? Abanyabyaha niko babigenzaga.
\v 33 Niba murikugira neza ababagiriraga neza, n'iki co mukashimirweho? Abanyabyaha nabo bagiraga guco.
\v 34 Kandi niba muguzaga abo murikureba ko bashobweye kubariha, n'iki co mukashimirweho? Abapagani nabo bahaga ideni abandi bapagani kugira ngo babarihe ugo mubare .
\v 35 Ariko mukunde abanzi banyu, mubakorere ibiboneye. Mutange amadeni mutarindiriye kunguka. Niho ibihembo byanyu bikabe byinshi, kandi mukabe abana bu Uruta bose, kuko wo wonyine akoreraga neza ababi n'abadashima.
\v 36 Nuko rero mube abanyambabazi nkuko So ari umunyambabazi .
\v 37 Mwere guca imanza, namwe ndo mukacirirwe imanza, mwere gutsindisha abandi, namwe ndo mukandishwe, mubabarire abandi, namwe niho mukababarirwe .
\v 38 Mutange, namwe mukahabwe; kuko akebo ko mugereramo abandi niko namwe mukagererwemo. Bakasuke mu kebo kawe, katsindagirwe, gacuguswe, gasesekare
\p
\v 39 Yongera kubacira ugu mugani ngo: Impumyi yoyobora iyindi mpumyi? Mbese uko ari babiri ndo bagwa mu cobo?
\v 40 Umwanafunzi ndo yoruta umwalimu, ariko umwanafunzi urangije kwiga yomera nk'umwalimu we.
\v 41 Kubera iki woreba agatokorwa kari mu jisho rya mwene so, utareba n'umugongo guri mu jisho ryawe?
\v 42 Cangwa ni gute wobwira mwene so, ngo reka mvane akatsi kari mujisho ryawe, wowe utabona umugogo guri mu ryawe? We ndyarya we, ubanze uvane umugogo mujisho ryawe, ubone uko uravana akatsi kari mujisho rya mwene so.
\v 43 Ntaho igiti ciza coyera amatunda mabi, cangwa igiti kibi coyera amatuna meza.
\v 44 Kuko igiti cose kimenyekana ku matunda gaco. Ntawosoroma amatunda mu mishito, cangwe uruseri rw'imihisha ntaworumanyura mu mifatagwe .
\v 45 Umuntu mwiza akuraga ibintu byiza mu butunzi bwa mu mutima gwe. N'umuntu mubi akuraga ibintu bibi mu butunzi bwe bubu, kuko ibyuzuye umutima nibyo akanwa kagambaga .
\p
\v 46 Kubera iki munyakuraga ngo: Mwami, kandi mutakoraga ibyo ngambye? "
\v 47 Umuntu wose uzaga ahondi, akumva amagambo ga nyowe, kandi akagakurikiza ndabereka uko asana.
\v 48 Asanaga n'umuntu wubakaga inzu, agacukura kugeza hasi cane, akubaka umusingi k'urutare, umwuzure gwije gukisuka kuri iyo nzu, ariko ndo gushobweye kuyinyeganyeza, kubera yari yubatse neza .
\v 49 Ariko uwumvaga, atagashira mu bikorwa asana n'umuntu wubatse inzu k'ubutaka, nta musingi. Umwuzure gwisuka kuri yo: ako kanya irahirima kandi gusenyuka kwayo kwabeye kunini .
\c 7
\cl Isura 7
\p
\v 1 Yesu arangije kubwira abantu ago magambo gose, agenda i Kapernaumu .
\p
\v 2 Umukuru w'abasoda yagiraga umukozi we woyakundaga cane, yari arwaye, arihafi yo gupfa.
\v 3 Amaze kumwa uko barikugamba Yesu, amutumira abakuru b'abayuda ngo bamusange aze gukiza uwo mukozi we.
\v 4 Abo bageze aho Yesu ari baramwinginga ngo: Arakwiriye ko wamugirira guco.
\v 5 Kuko akundaga ubwoko bwacu, kandi niwe wayubatse i Sinagogi yacu.
\p
\v 6 Yesu amaze kujana nabo, amaze kugera hafi y'inzu, uwo mukuru w'abasoda amutumira incutize ngo zimubwire ngo: Mwami utekwirusha, kuko bitankwiriye ko winjira munzu yanje.
\v 7 Nico catumye ntibona ko nkwiriye ndetse no kuza aho uri ubwanje. Ariko ugambe ijambo rimwe, umukozi wanje arakira.
\v 8 Kuko nanje numviriga abakuru, mfite abasoda bo ntegekaga, kandi mbwiraga umwe ngo genda akagenda, n'undi nkamubwira ngo: Ngwino akaza, nabwira n'umukozi wanje ngo: Kora kiriya akagikora.
\p
\v 9 Yesu yumvishije ago magambo, aramutangarira, ahindukirira abantu bamukurikiye, agamba ngo: Mbabwiyeko ntaho ndakabona kwizera kungana guco haba no mw'Isiraeli.
\v 10 Abatumwe n'uwo mukuru w'abasoda basubiye mu nzu basanga uwo mukozi wari warwaye yakiza.
\p
\v 11 Umusi gukurikiyeho, Yesu aja mugi gwitwa Nayina, intumwa ze hamwe n'abantu kangari bagenda hamwe nawe.
\v 12 Ageze hafi y'irembo ry'umugi, ahura n'abagiye guhamba, uwari wapfuye yari umwana w'ikinege, kandi nyina yari umupfakazi, abantu kangari bo muri ugo mugi bari bamuherekeje.
\v 13 Umwami amubonye amugirira imbabazi, aramubwira ngo: Utarira.
\v 14 Yegera iyo sanduku, ayikoraho. Abari bayikoreye barahagarara. Aragamba ngo: Musore we ndakubwiye haguruka!
\v 15 Uwari wapfuye aricara, atangira kugamba. Yesu amugarurira nyina.
\p
\v 16 Abantu bose bagira ubwoba, bahimbaza Imana ngo: Umuhanuzi akomeye yageze muritwe, kandi Imana yagendereye ubwoko bwayo.
\v 17 Ugo mwaze go kuri Yesu gukwirakwira i Yudeya yose no mu bice byose by'igihugu bihakikije .
\p
\v 18 Abanafunzi ba Yohana bamumenyesha ibyo bintu byose.
\v 19 Ahamagara babiri abatuma kuri Yesu kumubaza ngo: Mbesi ni weho ugomba kuza, cangwa dutegereze uwundi?
\p
\v 20 Bageze aho Yesu ari, baramubwira ngo: Yohana Umubatiza yakudutumyeho ngo: Mbesi ni wowe ugomba kuza, cangwa tugomba gutegereza undi ?
\p
\v 21 Ako kanya, Yesu akiza abantu kangari barwaye, b'ibirema, n'abimyuka mibi, kandi ahumura n'impumyi kangari.
\v 22 Arabasubiza ngo: Muje kubwira Yohana ibyo mwabonye n'ibyo mwumvishije: impumyi rirahumuka, ibirema birikugenda, ababembe barigukira, abapfuye amatwi barikumva, abapfuye barikuzuka, abakene barikucurirwa umwaze guboneye.
\v 23 Hahirwe uwo ntazabera uburyo bwo kugwa !
\p
\v 24 Abo Yohana yatumye bamaze kugenda, Yesu atangira kubyira abantu ibyerekeye Yohana: Mwagiye kureba iki mukidaturwa? Urumori rurikunyeganyezwa n'umuyaga?
\v 25 Ariko si, mwagiye kureba iki? Umuntu wambaye imyenda y'igiciro? Reba abambaye imyambaro myiza n'abariho mu byiza babaga mu mazu g'abami.
\v 26 None si mwagiye kureba iki? Umuhanuzi? Ingo, ndababyiye, kandi aruta umuhanuzi.
\v 27 Niwe byanditswe kuriwe ngo: Dore, nohereje intumwa yanje imbere yawe gutegura inzira imbere yawe.
\v 28 Mbabwiyeko, mu babyawe n'abagore, ntawe uruta Yohana. Nyamara umutoya cane mu bwami bw'Imana aramusumba.
\v 29 Abantu bose bamumvishije, ndetse n'abasoresha amakoro bemera ko Imana ikiranuka kuko babatijwe umubatizo gwa Yohana.
\v 30 Ariko abafarisayo n'abigishamategeko, ubwo batabatijwe nawe batakaje inama z'Imana.
\v 31 Abantu b'ikikisekuruza ndabagereranya nande, kandi basana nande?
\v 32 Basana n'abana bicaye ku karubanda, nuko bakatangira kubwirana bamwe kubandi, ngo: Twabavugirije umwironge, mutabyira, twabariri mbiye indirimbo zamaganya nabwo mutarira.
\v 33 Kuko Yohana umubatiza yaje, ataryaga imikati, atanywaga n'inzoga muragamba ngo: Arimo dayimoni.
\v 34 Umwana w'umuntu we yaje, arikurya no kunywa, muragamba ngo n'uwokurya n'uwo kunywa n'umunywanyi w'abasoresha n'abantu babi.
\v 35 Ariko ubwenge bwerekanwaga n'abana babwo bose.
\p
\v 36 Umufarisayo atumira Yesu ngo aje kurya iwe. Yesu yinjira murugo rw'uwo mufarisayo, nuko aja kumeza.
\v 37 Nuko, umugore w'umunyabyaha wabaga mu mugi amenyeko Yesu ari kumeza mu nzu y'umufarisayo azana icupa ryuzuye amarashi.
\v 38 Ahagarara inyuma, ku birenge bya Yesu, ari kurira; ubwo amarira gatosa ibirenge bya Yesu, nuko abihanaguza imitsatsi ye, arabisomagura abisiga ago marashi.
\v 39 Uwo mufarisayo wari wamutumiye, abonye ibyo, aribyira muriwe ngo: iyo uyu muntu aba umuhanuzi, abayamenye uyu mugore umukozeho uwariwe n'ico arico, yarikumenya ko ari umuyabyaha.
\p
\v 40 Yesu afata ijambo aramubyira ngo: Simoni, mfite ico nakubwira, ara musubiza ngo: mwigisha, gamba.
\p
\v 41 Umuntu uguzaga yari afite abantu babiri boyagujije: Umwe yararimo ideni ry'i Denariyo magana tano, undi yararimo mirongo itano.
\v 42 Kubera ko baritaribafite ico kwishura, arababarira iryo deni. Ninde wamukunze cane?
\p
\v 43 Simoni asubiza ngo: ndatekereza ko ari uwoyababariye ideni ryinci, Yesu aramubwira ngo: usubije neza.
\v 44 Nuko ahindukirira wa mugore, abwira Simoni ngo: Urikureba uyu mugore? Nanjiye munzu yawe, ntaho wampaye amazi go koza ibirenge byanje, ariko uyu we, yabyogesheje amarira ge, kandi abiha naguza umutsatsi gwe.
\v 45 Ntaho wa mpobeye, ariko we, guhera ubwo ninjiye, yakomeje guhobera ibirenge byanje.
\v 46 Ntaho wansutse amavuta mu mutwe ariko we yasutse amarashi kubirenge byanje.
\v 47 Niyo mpamvu, nkubwiye ko, ibyaha bye byinci byababariwe kuko yakunze cane. Naho ubabariwe bike akundaga bukeya.
\v 48 Abwira uwo mugore ngo: Ibyaha byawe birababariwe.
\p
\v 49 Abari bari ku meza hamwe nawe batangira kwibaza muribo ngo: Uyu ninde uri nokubabarira ibyaha?
\p
\v 50 Ariko Yesu abwira uwo mugore ngo: Kwizera kwawe kuragukijije genda amahoro.
\c 8
\cl Isura 8
\p
\v 1 Hanyuma, Yesu agendagenda mu migi no munsisiro, arikwigisha no gucura umwaze guboneye g'ubwami bw'Imana.
\v 2 Abo cumi na babiri bari barihamwe nawe, ndetse n'abagore bamwe bo yakijije imyuka mibi n'indwara: Mariya witwa Magadalena, uwo yirukanyemo abadayimoni barindwi.
\v 3 Yohana muka Chuza igisonga ca Herode, Suzana n'abandi kangari babafashishaga ubutunzi bwabo.
\p
\v 4 Abantu kangari baraterana baturutse mu migi yose bija aho yari ari, abacira umugani ngo:
\v 5 Umubibyi yagiye kubiba imbuto ze. Uko yari arikubiba, imbuto zimwe zagwiye mu nzira, zikandagirwa n'ibirenge n'inyoni zo mukirere zirazirya.
\v 6 Izindi mbuto zigwa ku rutare zimaze kumera ziruma, kubera ko zabuze ububobere.
\v 7 Izindi mbuto zigwa hagati y'imishubi, imishubi yarukana nazo iraziniga.
\v 8 Izindi mbuto zigwa mu butaka bwiza, zimaze kumera zera imbuto ijana ijana. Amaze kugamba guco, Yesu agamba n'ijwi rinini ngo; ufite amatwi go kumva yumve.
\p
\v 9 Abigishwa be bamubaza ico ugo mugani gusobanuye.
\v 10 Arasubiza ngo: mwewe mwahawe kumenya amayobera g'ubwami bw'Imana, naho abandi bo babibwirwaga mu migani, kugira ngo kureba barebe ariko batabona na kumva bumve ariko batasobanukirwa.
\v 11 Mwumve ico ugo mwaze gusobanuye: imbuto ni igambo ry'Imana.
\v 12 Izagwiye mu nzira, n'abumvaga; hanyuma umubu akayija, akavana igambo ry'Imana mu mitima yabo, kugira ngo bere kwizera ngo bakizwe.
\v 13 Izagwiye ku kibuye ni abamaraga kumva igambo bakaryakira mu byishimo, ariko nta mizi yo bafite, bakizera agahe gatoya nyuma bakagwa, ikigeragezo kijire.
\v 14 Kandi izagwiye mu mishubi ni abamaraga kumva igambo bakigendera, bakarisiga ririkunigwa n'amaganya, ubukire n'ibyo gushimisha umubiri, guco ntaho boyera imbuto zimeze neza.
\v 15 Izagwiye m'ubutaka bufite imboleo, n'abamaraga kumva igambo n'umutima guboneye bakarikomeza bakera imbuto bihanganye
\p
\v 16 Nta muntu womara gucana itara, hanyuma akaritwikiriza igitebo cangwa akarishira musi y'uburiri; ahubwo ariterekaga hakweru, kugira ngo abarikwinjira babone umwangaza
\v 17 Kuko ntacahishirwe kitakahishurwe, nta banga ritakamenyekane no gushirwa ahagaragara.
\v 18 Mwitondere rero uko mwumvaga; kuko ufite ariwe ukahabwe, ariko udafite bakamwake n'ico yibwiraga ko afite.
\p
\v 19 Nyina wa Yesu na bene nyina bija kumureba; ariko batamugeraho kubera abantu kangari.
\v 20 Baramubwira ngo: nyoko na bene nyoko bari hanze, kandi barashaka kukureba.
\v 21 Ariko we arabasubiza ngo: Mama na bene mama n'abumvaga igambo ry'Imana bakarikoresha mu buzima.
\p
\v 22 Umusi gumwe, Yesu yinjira mu bwato hamwe n'abanagunzi be, arababwira ngo: twambuke tuje k'urundi ruhande rw'ingenzi. Nuko baragenda.
\v 23 Uko bagendaga mu bwato, Yesu arasinzira. Umuyaga mwinshi gwija mu ngezi, amazi guzura mu bwato, bari bagiye kuzika.
\v 24 Baramwegera, baramubyutsa barikugamba ngo: Mwalimu, mwalimu, turapfiye! Akangutse ahoza ugo muyaga n'amazi gari kwibirindura, byose biratuza.
\v 25 Nuko arabwira ngo: Kwizera kwanyu kuri hehe? Bagira ubwoba, baratangara, barabazanya ngo: Wuno ni nde ariko, urigutegeka umuyaga n'amazi bikamwumvira ?
\p
\v 26 Baragenda, bagera mu gihugu c'Abagadareni cegereye i Galilaya.
\v 27 Yesu avuye mu bwato, abona hambere ye umuntu wo mu mugi wari urimo abadayimoni kangari. Kuva kera ntaho yambaraga umwenda, ntaho yararaga mu nzu, ahubwo yabaga mu kaburi.
\v 28 Abwenye Yesu, aratabaza, yikubita kubirenge bye, agamba n'ijwi rinini ngo; hari iki hagati ya nyowe nawe, Yesu, Mwana w'Imana Isumba byose? Ndakwinginze, utanshinyagurira.
\v 29 Kuko Yesu yategetse umwuka mubi kuva muri uwo muntu wo yari yahanze ho kuva kera; bamuboheshaga iminyororo n'ibyuma ku maguru, ariko yarayicagaguraga akajanwa n'abadayimoni mu kidaturwa.
\p
\v 30 Yesu aramubaza ngo: Izina ryawe ninde? Arasubiza ngo: Igitero. Kuko bari abadayimoni kangari bari baramyinjiye mo.
\v 31 Ubwo binginga Yesu ngo atabohereza kuja mu mworera.
\v 32 Ku musozi hariho igiciri kinini c'ingurube zirikurisha. Abadayimoni binginga Yesu ngo abemerere kwinjira muri izo ngurube. Arabimerera.
\v 33 Abadayimoni bava m'uruwo muntu, binjira mu ngurube, ico giciri cirukira ku gacuri, cisuka mu ngezi, zirarohama.
\v 34 Abari baziragiye, babonye ibibaye barahunga, baja gucura ugo mwaze mu migi no mu byaro.
\v 35 Abantu baza kureba ibyabaye. Baza aho Yesu ari basanga uwo muntu wavuyemo abadayimoni, yicaye kubirenge bye yambaye kandi afite ubwenge; nuko bagira ubwoba bwinci.
\v 36 Ababonye ibyabaye babatekerereza uko uwo muntu warirumo abadayimoni yakize.
\v 37 Abantu bose bo mugihugu c'Abagadareni binginga Yesu ngo yigire kure yabo, abavire mu gihugu, kuko bari bagize ubwoba bwinci. Yesu yinjira mu bwato asubirayo.
\p
\v 38 Uwo muntu wakuwemo abadayimoni aramusanga arikumusabaza ngo agume hamwe nawe. Ariko Yesu amusubizayo no kumubwira ngo:
\v 39 Witahire mu rugo rwawe, ubwire abandi ibyo Imana yagukoreye byose. Aragenda arigutangazaa mu migi yose ibyo Yesu yamukoreye.
\p
\v 40 Igihe Yesu yagarukire abantu kangari baramuyambira kubera ko bari bamurindiye.
\v 41 Nuko hii umuntu witwaga Yayiro, wari umukuru w'i Sinagogi. Uyo Yairo yitimbai ku birenge bya Yesu, aramuhendahenda ngo agere mu rugo rwe.
\v 42 Kubera ko yumuhara we wavutse yenyine w'imyaka hafi cumi n'ibiri ari yenda gupfa. Mu nzira, abantu kangari barikumubyiga.
\p
\v 43 Aho, hari hariho umugore wari aryawe, yabagaho arikuva amaraso. Ubwo burwayi bwe bari muri we imyaka cumi n'ibiri, kandi yari yaheye abanganga ibintu bye byose, ariko hatagira n'umwe wo kumukiza.
\v 44 Aturuka hanyuma, akora ku mugunjo g' umwenda gwa Yesu. Ugo mwanya, amaso garahagarara.
\v 45 Yesu arabaza ngo; ni nde wankorireho? Bose bamarire guhakana, Petro n'abo bari hamwe baragamba ngo: Mwigisha, abantu barakuzungurutse no kukubyiga nawe urabajije ngo ni nde unkozeho?
\p
\v 46 Ariko Yesu arasubiza ngo: Hari uwankozeho kuko numvishije ingufu zimvuyemo.
\v 47 Umugore, abwenye ko yamenyekane, yija arigutitira, yikubita kubirenge bye, atangariza hambere y'abantu bose kuki yamukozeho, n'uko yakize muri ugo mwanya.
\v 48 Yesu aramubwira ngo: Muhara we, kwizera kwawe kwagukikije: genda amahoro.
\p
\v 49 Nuko akigamba, haza umuntu uvuye mu nzu ya wa mukuru w'isinagogi aragamba ngo: Muhara wawe, yapfuye utirirwa urarusha umwigisha.
\p
\v 50 Ariko Yesu yumvise ibyo, abwira umukuru w'i sinagogi ngo: utatinya wizere gusa, nawe arakira.
\v 51 Ubwo yari ageze mu rugo, ntiyemerera umuntu kwinjirana nawe, keretse Petro na Yohana na Yakobo na se na nyina w'umwana.
\v 52 Abantu bose bari bari kumuririra no kumuganyira. Nuko Yesu arababwira ngo: Mwe kurira; ntaho yapfuye, ahubwo araryamye.
\v 53 Bose baramuseka. Kuko bari bazi ko yapfuye.
\v 54 Ariko we amufata ukuboko, agamba n'ijwi rinini ngo: Mwana, haguruka.
\v 55 Ubwo umwuka gumusubiramo, ugo mwanya arahaguruka, Yesu ategeka ko bamuha ibiryo.
\v 56 Ababyeyi b'uwo muhara baratangara cane, ariko Yesu arabi harangiriza ngo batagira uwo babwira ibyabaye.
\c 9
\cl Isura 9
\p
\v 1 Yesu amarire kwegeranya abo cumi na babiri, abaha ingufu n'ubutware ku badayimoni bose, n'ubushobozi bwo gukiza indwara.
\v 2 Abatuma kugenda kubwiriza ubwami bw'Imana no gukiza abarwayi.
\v 3 Arababwira ngo: mutagira ico mujana mu rugendo, inkoni cangwa umufuko, cangwa umukati, cangwa ifaranga kandi mwere kugenda muhetse imyambaro ibiri.
\v 4 Inzu yose yo mukayinjiremo, muberemo, kugeza igiho co gutaha.
\v 5 Kandi abantu babeye bangire kubakira muve mur'ugo mugi, mukunkumure umucucu go mu bikandagizo byanyu kugira ngo bibabere ubudimwe.
\v 6 Baragenda mu nsisiro hose barigucura umwaze guboneye bari no gukiza indwara hose.
\p
\v 7 Herode yumvishije barikugamba ibirikuba byose, atangira kwibaza. Kubera ko bamwe bari barikugamba ngo Yohana yazutse mu bapfiye.
\v 8 Abandi ngo ni Eliya wabonetse, abandi kandi ngo n'umwe wo mu mbuzi za kera wazutse.
\v 9 Ariko Herode we aragamba ngo: Nacishije umutwe gwa Yohani none si uyu wo ni nde wo ndikumva ho ibyo byose? Nuko ashaka uko yomurebaho.
\p
\v 10 Intumwa zigarutse, zibwira Yesu ibyo zari zakoze byose. Arabafata, abagemdana ahiherereye m' uruhande rw'umugi gwitwa Betesaida.
\v 11 Abantu barabimenya bamukurikira yo. Yesu arabakira ababwira iby'ubwami bw'Imana, akiza n'abari benda gukira.
\v 12 Nuko umusi gutangiye kwira, abo cumi na babiri baramwegera baramubwira ngo: Sezerera abantu, kugira ngo bagende mu nsisiro no mu byaro biri hafi, bacumbike no kubona yo ibiryo, kuko hano turi mu ikidatuwe.
\p
\v 13 Yesu arababwira ngo: mwewe mubahe ibiry. Ariko baramusubiza ngo: Dufite imikati itano n'amahere abiri gusa, keretse ubwacu tugiye kubagurira bank bose ibiryo aba ibiryo.
\p
\v 14 Kandi rero, hari hariyo abantu bari hafi ibihumbi bitanu. Yesu abwira abanafunzi be ngo: Mubikaze ku mistari gumwe gumwe gubemo abantu mirongo itanu.
\v 15 Bagira guco, barabicaza bose.
\v 16 Yesu afata iyo mikati itanu, n'ago mahere abiri, afungura amaso, areba mu juru arabigisha. Nuko arayimanyagura ayiha abigishwa kugira ngo bayihereze abantu.
\v 17 Bose bararya barahaga, basigaza ibitukuru cumi na bibiri byujwiye imisigara y'imikati.
\p
\v 18 Umusi gumwe Yesu yari ari gusengera ahihereye, ari hamwe n'abanafunzi be, arababaza ngo: bagambaga ngo ndi nde?
\p
\v 19 Baramusubiza ngo: Yohana umubatiza, abandi ngo Eliya, abandi ngo umwe wo mu mbuzi za kera yazutse.
\p
\v 20 Arababaza ngo: None si mwewe mumbonaga ndi nde? Petro arasubiza ngo: Kristo w'Imana.
\p
\v 21 Yesu arabihanangiriza cane ngo bere kubigamba.
\v 22 Arongera ko ari ngombwa ko Umwana w'umuntu yobabazwa cane, abakuru bakamwanga, n'abakuru b'abatambyi, n'abakarani, akitwe, kandi akazuke ku misi gwa gatatu.
\v 23 Nuko abwira bose ngo: Umuntu abeye yenda kunkurikira, yiyange, yikorere umusaraba gwe buri musi, ankurikire.
\v 24 Kuko uwenda gukiza ubuzima bwe akabuhebe, ariko ukabuhebe kubera nyowe akabukize.
\v 25 Kandi si byomumarira ki umuntu kunguka isi yose, akarimbuka cangwa akazimira ubwe?
\v 26 Kuko umuntu wose ukapfe isoni kubera nyowe no kubw'amagambo ga nyowe, Umwana w'umuntu akamugirire isoni igihe akayijem' ubwiza bwe n'ubwa Se na malayika baboneye.
\v 27 Ndikubabwirisha ukuri, bamwe bo muri bano bari hano ndo bakapfe batabwenye k'ubwami bw'Imana.
\p
\v 28 Hashije nk'imisi munane agambye ago magambo; Yesu afate Petro, Yohana na Yakobo, bataramana umusozi agenda gusenga.
\v 29 Abeye arigusenga, isura ye irahinduka, umwabaro gwe gurereza guri kubengerana.
\v 30 Nuko abantu babiri baganira nawe: yari ari Musa na Eliya.
\v 31 Bari baboneye, bari kuganira kubyerekeye isafari yo kwija i Yerusalemu.
\v 32 Petro na bira be bari baremerewe n' itiro, ariko babyutse, babwenye ubwiza bwa Yesu n'abo abagabo babiri bari hamwe.
\v 33 Abo bagabo bamarire gutana na Yesu, Petro aramubwira ngo: Mwalimu, ni byiza ko tubera hano; dushinhe amahema atatu, rimwe rya wowe, irindi rya Musa, irindi rya Eliya. Ndo yari yiji ibyo arikugamba.
\v 34 Yabeye akirikugamba guco, igicu kirija kirabahisha, nuko intumwa zatitiye, bababwenye barikwinjira mu gicu.
\v 35 Nuko mu gicu haviyemo ijwi ngo: Wuno ni Umwana wa nyowe wo nachaguwe nyenyine: Mumwumvire!
\v 36 Iryo jwi rimarire kumvikana, Yesu yasigeye wenyine. Abanafunzi barihorera, batagira uwo babwira muri ico gihe ibyo baribabwenye byose.
\p
\v 37 Ng'ejo, bamarire kurindimuka umusozi, abantu kangari bija gusanganira Yesu.
\v 38 Nuko hagati y'iteraniro, umuntu arayomba arikugamba ngo: Mwalimu, ndikugusaba, ugire bwangu, undebere wuno mwana wa nyowe. Niwo gusa wonyine nazeye.
\v 39 Umwuka mubi guramufataga, ugo mwanya akabira, ugo mwuka mubi guramucundaga cane, gukamuzanisha urufuro, gukamuvamo gumarire kumushenjagura.
\v 40 Nasabye abanafunzi bawe ngo bagumukuremo ariko ndo bashobweye.
\p
\v 41 Yesu arabasubiza ngo: Mweho bwoko butizeraga mwe, nkabane namwe no kubihanganira kugeza ryari? Nzanire uwo mwana.
\v 42 Babeye barikumuzana, ikizimu kimutura ha butaka, kiramucunda cane. Ariko Yesu ahoza ico kizimu. Niho yakijije uwo mwana, amusubiza se.
\v 43 Abantu bose bari bari aho batangejwe n'izo ngufu z'Imana. Kandi buri wose yishimiraga ibyo Yesu yabaga arigukora byose. Nuko abwira abanafunzi be ngo:
\v 44 Kuri mwewe, ni mwumve neza: Umwana w'umuntu akangambanirwe no gutangwa mu maboko g'abantu.
\v 45 Ariko abanafunzi bo ndo basobanukiwe iryo gambo. Ryababereye umyobe kugira ngo batamenya ico ryenda kugamba, ariko batinye kumubaza ngo abasobanurire.
\p
\v 46 Ahubwo igitekerezo cija mu bwenge bwabo ngo bashakishe umukuru hagati yabo.
\v 47 Yesu abwenye igitekerezo c'umutima gwabo, yafashe umwana mutoya, amuhagarika hambazu ze, arababwira ngo:
\v 48 Umuntu wose wemeye wuno mwana mutoya mu zina rya nyowe akabe anyemeye nyowe nynenyine; kandi umuntu wose unyemeye abaga yemeye uwantumire. Kuko umutoya hagati yanyu niwo mukuru.
\p
\v 49 Yohana aramusubiza ngo: Mwalimu, twasanze umuntu uri wirukana abizimu mu zina rya wowe. Nuko twamubujije kuko ndo tumwiji.
\v 50 Yesu aramusubiza ngo: Mwere kumubuza kuko utari umwanzi wanyu, ari m' uruhande rwanyu.
\p
\v 51 Igihe ce co kuva musi kiri hafi, Yesu yapanze kugenda i Yerusalemu.
\v 52 Yatumye hambere ye abo kumutayarishiriza aho gucumbika m'urusisiro rw'Abasamariya.
\v 53 Ariko banze kumwakira, kubera ko baribagiye i Yerusalemu.
\v 54 Intumwa Yakobo na Yohana babwenye guco baragamba ngo: Mwami wo twemerera ko dutegeka umuriro guremuka guturuka mu juru gubatwike?
\v 55 Yesu arahindukira, arabahoza ngo: Ndo mwiji umwuka gubarimo ugwo arigo.
\v 56 Kuko umwana w'umuntu ndo yijire gutakaza ubuzima bw'abantu ahubwo yayijire kubukiza. Ubwo bagenda mu rundi rusisiro.
\p
\v 57 Bakiri ha nzira, umuntu umwe aramubwira ngo: Mwami ndagukurikira aho uraja hose.
\p
\v 58 Yesu aramusubiza ngo: ingunzu zifite imyobo, n'inyoni zo mu kirere zifite ibyari; ariko umwana w'umuntu ndoho afite aho kuryamisha umutwe gwe.
\v 59 Abwira uwundi ngo: Nkurikire. Aramusubiza ngo: Mwami wo ndeka si ngmaanza guhamba data.
\p
\v 60 Ariko Yesu aramubwira ngo: woreka si abapfu bagahamba abapfuye babo? Noho weho, genda utangaze ubwami bw'Imana.
\p
\v 61 Undi aragamba ngo: Ndagukurikiye, mwami, ariko ndenda kwanza kugena gusezera ku abo mu rugo rwa nyowe.
\p
\v 62 Yesu aramusubiza ngo: Umuntu ushije ukuboko ku suka iriguhinga akareba inyuma, ndo abaga akwiriye ubwami bw'Imana.
\c 10
\cl Isura 10
\p
\v 1 Hanyuma y'ibyo, Umwami yongera kurondora abandi banafunzi mirongo irindwi. Yabatumye babiri babiri mu migi yose n'ahantu hose ho yari agombye kuja.
\v 2 Arababwira ngo: Ibyeze ni akangari ariko abasaruzi ni bakeya. Nuko rero musabe nyir'umurima atume abasaruzi mu murima gwe.
\v 3 Mugende. Reba, mbatumye nk'abana b'intama hagati y'imbwa zikarishe.
\v 4 Mwere guheka impamba, mwere guheka umufuko cangwa ibirato, kandi mwere kuramutsa umuntu uwo muramutsa ha nzira.
\v 5 Mwinjiye my nzu, mukagambe ngo: Ituze ribe kuri yino nzu!
\v 6 Habeye harimo umuntu w'amahoro, ituze rikabe kuri we. Bibeye ukundi, amahoro ganyu gakabagarukire.
\v 7 Mukabere muri iyo nzu, mukarye no kugnwa ibyo bakabahe; kuko umukozi akwiriye umushahara gwe. Mugume muri nzu gusa.
\v 8 Umugi ugwo ari go gose go mukayinjiremo bakabakira, murye ibyo babaheye.
\v 9 Mukize abarwayi barimo kandi mubabwire ngo: Ubwami bw'Imana buri hambavu zabo.
\v 10 Ariko umugi go mukayinjiremo, bate kubakira, mugusohokemo, mugende ha nzira zago mugambe ngo:
\v 11 Tubakungutye umucucu g'umugi gwanyu gwari gwafashe ku bikandagizo byacu. Ariko, mumenyeko ubwami bw'Imana buri hafi.
\v 12 Mbabwiye ko kur'ugo musi i Sodomo hakahanwe buhoro kurusha ugo mugi.
\v 13 Weho Korozani we ibyago bikuguyeho. Nawe Betesaida rikuguyeho! Kuko yabeye ibitangaza byakorewe muri mwewe bikorerewe i Tiro na Sidoni, babe barihannye kera, bambeye amagunira no kwisiga itazi.
\v 14 Niyo mpamvu, ku musi gw'urubanza, Tiro na Sidoni bakahanwe butoya kubarusha.
\v 15 Na wowe Kaperinaumu, washinjwe umutwe kugera mu juru? Ukagogomeshwe kugeza i hadesi.
\v 16 Ubumviye abaga anyumviye, n'ubangaga abaga anyanze, kandi unyanze abaga yanze uwatumye.
\p
\v 17 Abo mirongo irindwi bagaruka barikwishima ngo: Mwami, ibizimu nabyo birikudutinya mu zina ryawe.
\p
\v 18 Yesu arababwira ngo: Mbwenye shetani ateremutse mu juru nk'umurabyo.
\v 19 Reba, nabaheye ingufu zo kunnyata inzoka na za sikoropiyo n' ingufu zose z'umwanzi, kandi nta kintu kikabahagarare hambere.
\v 20 Ariko rero, mutekwishimira ko ibizimu birikubatinya; ahubwo mwishimire ko amazina ganyu gandikirwe mu juru.
\p
\v 21 Muri ugo mwanya, Yesu yishimira mu Mwuka guboneye arikugamba ngo: ndagushimiye weho Data, Mwami w'ijuru n'isi kuko wahishe bino bintu abanyabwenge n'abahanga, ukabihishurira abana. Ingo Data, ndagushimira kuko ariko wabishatse.
\v 22 Data yampeye ibintu byose, kandi nta muntu wiji umwana, Se gusa niwe umwiji. Kandi nta wijii Se utari Umwana w'umuntu n' uwo uwo mwana yenda kumumenyesha.
\v 23 Ahindukirira abanafunzi be, ababwira m' ubwiherero ngo: Hahirwa amaso garikureba ibyo murikureba!
\v 24 Kuko mbabwiye ko imbuzi kangari n'abami bifujije kureba ibyo murikureba ariko batabireba, no kumva ibyo mwumvishije ariko bo batabyumva.
\p
\v 25 Umwalimu w'amategeko arahaguruka, abaza Yesu ari kumugerageza ngo: Mwalimu, nokora ki kugira ngo ndagwe ubuzima bw'ibihe byose?
\p
\v 26 Yesu aramubaza ngo: byandikirwe ngo ki mu mategeko? Ni iki usomagamo?
\p
\v 27 Arasubiza ngo: ukunde Umwami Imana yawe, n' umutima gwawe gose n'ubugingo bwawe bwose, n'ingufu zawe zose, n'ubwenge bwawe bwose kandi ukunde mwira wawe nkuko wikundaga.
\p
\v 28 Yesu aramubwira ngo: washubije neza, ukore uco, ndo ukapfe.
\v 29 Ariko we yenda kwisobanura, abwira Yesu ngo: None mwira wa nyowe ni nde?
\p
\v 30 Yesu yongera gufata igambo ngo: Umuntu yaviye i Yerusalemu arikuja i Yeriko. Agwa hagati y'amabandi, garamwabura, garamuhondagura, garigendera gamusiga asana n'upfuye.
\v 31 Umutambyi anyuze muri iyo nzira, abwenye uwo muntu, arakikira.
\v 32 Umulawi agera aho hantu amurebye anyura iruhande.
\v 33 Ariko Umasamariya wari mu rugendo, arahagera, amubwenye amupfira imbabazi.
\v 34 Aramwegera, amupfuka ibisebe, arikubyomoza amavuta na vino nuko amuheka ku punda ye, amujana mu cumbi, aramurwaza.
\v 35 Ng' ejo, yaheye nyiri icumbi amadenari abiri no kumubwira ngo: umuvure, kandi ibyo ukakoreshe byose birenze ibyo ngusigiye, nkabikwishure ngarutse.
\v 36 Muri abo batatu ni nde wabeye mwira w'uwo waguye mu mabandi?
\p
\v 37 Umwalimu w'amategeko arasubiza ngo: Ni uwamupfiriye imbabazi. Nuko Yesu aramubwira ngo: Genda nawe ukore guco.
\p
\v 38 Yesu ari mu nzira hamwe n'abanafunzi be, agera mu rusisiro, nuko umugore witwaga Marita aramwakira mu nzu ye.
\v 39 Yari afite muhara wabo witwaga Mariya wariwikeye ku birenge by'Umwami arikumva igambo rye.
\v 40 Marita yari ahangayikishijwe n'imirimo akangari yo kuzimana, arija arikugamba ngo: Mwami, ntaco bikubwiye kubona wuno muhara wacu yomparira akazi nyenyine? Mubwire rero amfashe.
\p
\v 41 Umwami Yesu aramusubiza ngo: Marita, Marita, urikwiganyira kandi urikwirusha mu bintu akangari.
\v 42 Ikintu co hambere ni kimwe. Mariya yahisemo umugambane guboneye, ugo batakamwaka.
\c 11
\cl Isura 11
\p
\v 1 Umisi gumwe hari aho Yesu yararigusengera, arangije, umwe mu banafunzi be aramubyira ngo: Mwami utwigishe gusaba nguko Yohana yigishije abanafunzi be.
\p
\v 2 Arababwira ngo: Mubeye murigusaba mugambe ngo: Data! Izina ryawe ritungane, ubwami bwa wowe bwije.
\q
\v 3 Uduhe buri musi umutsima gwacu gwa buri musi.
\q
\v 4 Utubabarire ibyaha byacu, kuko natwe tubabariraga buri wose wadukoreye nabi, kandi were kwemera ko twogwa mu bigeragezo.
\p
\v 5 Yongera kubabwira ngo: Umwe muri mwe afite mwira we akamusanga mu gicuku hagati akamubwira ngo: Mwira wa nyowe, unguze imikati itatu.
\v 6 Kuko umwe mu bira ba nyowe agerire ' urugo aturutse mu rugendo, kandi ndo mfite ico kumuzimanira.
\v 7 Kandi uwo muntu aramusubiza ngo: Were kundusha, urugi rurakinze, nyowe n'abana turi mu buriri, ndo nobyuka ngo nguhe imikati.
\v 8 Mbabwiye ko, naho atari kubyuka ngo ayimuhe kubera ko ari mwira we, yari arabyuka kubera ko yamuhendahenze kandi akamuha ibyo akeneye byose.
\v 9 Na nyowe ndababwiye ngo: Musabe, mukahabwe; mushake mukabone; mukinguze, mukakingurirwe.
\v 10 Kuko uwo ariwe wose usabye, ahabwaga, ushatse wese abonaga kandi hagakingurirwa ukinguje wose.
\v 11 Ni nde mubyeyi muri mwewe woha umwana we ibuye abeye amusabye umukati cagwa yomusaba ihere akamuha inzoka mu mwanya gw'ihere?
\v 12 Cangwa yosaba iyaya akamuha sikoropiyo?
\v 13 None si, mwewe babi, mubeye mwiji guha abana banyu ibiboneye, swo wo mu juru ndo akarusheho guha Umwuka Guboneye abagumusabye ?
\p
\v 14 Yesu yirukana ikizimu c'uburagi. Ico kizimu kiviye mu kiragi kiragamba, abantu bose baratangara, barishima.
\v 15 Ariko bamwe baragamba ngo: ni Belizeburi umushefu w'ibizimu utumye yirukana ibizimu
\v 16 Abandi baramugerageza barikumusaba ikimenyetso kiturutse mu juru.
\p
\v 17 Kubera ko Yesu yari yiji ibibarimo, arababwira ngo: Ubwami bwose, iyo bwigabyemo ubwabwo, burasenyukaga, kandi n'inzu ikagwa ku yindi.
\v 18 Niba rero Shetani yigabyemo ubwe, ni gute ubwami bwe bworamba? Kuko mugambye ngo ndikwirukana dayimoni kubwa Belizebuli?
\v 19 Kandi Belizebuli abeye utumye nirukana ibizimu, abana banyu bo ni nde ubahaga kubirukana? Niyo mpamvu aribo bakabacire urubanza.
\v 20 Ariko niba urutoke rw'Imana rumpaga kwirukana ibizimu, ubwami bw'Imana mwabubwenye.
\v 21 Umuntu ukomeye abeye afite ibirwanisho, akarindisha urugo rwe ibyo afite byose, biberagaho amahoro.
\v 22 Ariko niba umuntu umurushije ingufu amuteye, akamuboha, akamwaka ikirwanisho yari yiringiye ibyo amunyaze akabyifatira.
\v 23 Umuntu utari hamwe na nyowe ni umwanzi wa nyowe, kandi uwo tudafatanyije abaga arikutuzambiriza.
\v 24 Iyo umwuka mubi guviye m'umuntu, gugendaga kuwayawaya guri gushaka aho gwaruhukira. Gutahabwenye, gukagamba ngo: ndagaruka mu nzu ya nyowe, iyo navuyemo.
\v 25 Iyo gugarutse rero, gugasanga iyo nzu ikondowe neza.
\v 26 Nuko rero guragendaga, gukazana izindi myuka mibi irindwi igurusha ububi; zikinjira mu nzu zikaheramo. Nuko ubuzima bwa nyuma bw'uwo muntu bubaga nabi cane kurusha ubwa mbere.
\p
\v 27 Yesu akigamba ibyo, umugore wari ari muri ago materaniro aramubwira n'ijwi rinini ngo: Hahiriwe inda yakuzeye! Amabere gakonkeje nago garahiriwe!
\p
\v 28 Yesu aramusubiza ngo: Ahubwo hahiriwe abari kumva igambo ry'Imana no kuricunga!
\p
\v 29 Abantu kangari bateraniye aho, atangira kubabwira ngo: Kino gisekuruza ni kibi, kirigushaka ikimenyetso, nyamara nta kindi kimenyetso bakahabwe kitari ica Yona.
\v 30 Kubera ko, uko Yona yabeye ikimenyetso ku bantu ba Niniwe, niko n'Umwana w'umuntu akabere ikimenyetso abantu ba kino gisekuruza.
\v 31 Umwamikazi w'igihugu c'ipfo akahagurukane n'abantu ba kino gisekuruza kandi akabatsinde kuko yaturutse k' umwisho gw' isi agende kumva ubwenge bwa Salomo, kandi reba umukuru kurusha Salomo ari hano.
\v 32 Abantu b'i Niniwe bakabyukire gubana kino gisekuruza kandi bakabacire urubanza, kuko bo barihannye ubwo bumvishijije amahubiri ga Yona, kandi reba uruta Yona ari hano.
\p
\v 33 Ntawe ucanaga itara ngo arishire mu bwihisho cangwa musi y'igitukuru, ahubwo arishiraga hejuru ku kabati kugira ngo abarinjira barebe uko iryo tara ririkwaka.
\v 34 Ijisho rya wowe n'itara ry'umubiri gwa wowe. Mu gihe ijisho ryawe ririkureba neza umubiri gwawe gose gubaga gumurikiwe neza. Ariko ijisho rya wowe ribeye ritabona neza, umubiri gwa wowe guzahinduke umuyobe.
\v 35 Itonde redo, itara riri m' umubiri gwa wowe guhinduka umuyobe.
\v 36 Niba rero umubiri gose gurimurika, nta gace na gatoya kari mu m' umuyobe, umubiri gose gukamurike nk'itara ririkwaka.
\p
\v 37 Igihe Yesu yari arangije kugamba, Umufarisayo umwe aramurarika ngo bagende kurya iwe. Arinjira, bicara ku meza.
\v 38 Uwo Mufarisayo atangazwa n'uko Yesu atabanjije gukaraba hambere yo kurya.
\v 39 Ariko Umwami Yesu aramubwira ngo: mwewe Bafarisayo mwozaga inyuma y'ikopo n'isahani, naho mu ndani yanyu hujwiyemo ubusambo n'ubugome.
\v 40 Mwe bapfapfa mwe! None si waremire inyuma ndo ariwe waremire no mu ndani
\v 41 Ahubwo mutange k' ubuntu ibiri ndani, niho byose bikababonerere.
\p
\v 42 Muguweho n' ishano mweho Bafarisayo! Kubera ko mutangaga kimwe ca cumi c'isogi n'ibyatsi byose, mukanga kubonezwa n'urukundo rw' Imana. Mugombye gukora m' ukuri no gukuna Imana, mutaretse n'ibindi na byo.
\v 43 Mubwenye ishano mwewe Bafarisayo, kuko mukundaga intebe zo hambere mu masinagogi, no kuramukirizwa mu masoko.
\v 44 Mugushije ishano! Kuko mumerire nk' ikaburi zitari kurebeka n' abantu. Bagendagamo barikuzinnyata nnyata batabyizi.
\p
\v 45 Umwe wo mu balimu b' amategeko afata igambo aramubwira ngo: Mwalimu, igihe ugambye guco, natwe uradututse.
\v 46 Yesu aramusubiza ngo: Na mwewe abalimu b'amategeko, ishano ribaguyeho! Kuko mwikorezaga abantu imizigo iremeye, iyo mutokozaho n'urutoke rwanyu rumwe.
\v 47 Ishano ribaguyeho, kuko mwubakaga ikaburi z' imbuzi, abo ba so bayitire.
\v 48 Nuko murikwihamiriza ko mwashimye imirimo ya basogokuruza, kuko bo bishe, naho mwewe murikubaka ikaburi zabo.
\v 49 Nico gitumye ubwenge bw'Imana bugambaga ngo: Nkabatumire imbuzi n'intumwa; bakite bamwe no kurenganya abandi.
\v 50 Kugira ngo abantu ba kino gisekuruza bakabazwe amaraso g'imbuzi bose gamenetse guturka isi yaremwa.
\v 51 Guhera ku maraso g'Abeli kugeza ku maraso ga Zakariya wayitirwe hagati y'igicaniro n'inzu y'Imana; ni koko ndababwiye ko gano maraso gakabazwe abantu b'iki gisekuruza.
\v 52 Ishano ribaguheho, mwewe balimu b'amategeko! Kuko mwajanye urufunguzo rw'ubwenge; na mwewe ndo mwayinjiye kandi na abenda kwinjira nabo mukababuza.
\p
\v 53 Yesu amarire kwigendera, abakarani n'Abafarisayo batangira kumuhata no kumwiyenzaho no kumugambisha ibintu akangari.
\v 54 Barikumutega imitego, kugira ngo bamuhekeshe igambo ryo kumushinja riturutse mu kanwa ke.
\c 12
\cl Isura 12
\p
\v 1 Muri ico gihe abantu ibihumbi kangari bateranira aho ari, ku buryo bagera naho bakandagirana. Yesu abwira abigishwa be ngo: hambere ya byose mwirinde umusemburo gw'Abafarisayo arigo uburyarya.
\v 2 Nta kintu gihishwe kitakahishurwe, kandi nta n'ibanga ritakbure kumenyekana.
\v 3 Niyo mpamvu ikintu cose co mukagambire mu muyibe, kikumvikanire mu mwangaza, nico mukagambirane mu matwi muri mu cumba kikagambirwe hejuru y'amazu.
\v 4 Ndikubabwira, mwewe bira! ba nyowe ngo mwere gutinya abo kwica umubiri, kandi nyuma yaho nta kindi co bakora.
\v 5 Ndenda kubereka uwo mugombye gutinya. Mutinye uwomara kubita, akaba afite n'ububasha bwo kumuta muri Gehenamu. Koko ndababwiye uwo niwe mukwiriye gutinya.
\v 6 Harya, ibishwi bitanu ndo bigurwaga amakuta abiri? Nyamara nta na kimwe muri byose cibagirwanaga hambere y'Imana.
\v 7 Ndetse n'imitsatsi yo ku mitwe zaanyu zose irabaze. Mwere gutinya rero: Mufite agaciro kuruta ibishwi akangari.
\v 8 Ndikubabwira ko, umuntu wose ukatangaze izina RYA nyowe hambere y'abantu, Umwana w'umuntu nawe akamutangaze hambere ya malayika b'Imana.
\v 9 Ariko ukagambye ko atanyiji hambere y'abantu, nkamuhakane hambere ya malayika b'Imana.
\v 10 Kandi umuntu wose ukasebye Umwana w'umuntu, akababarirwe, ariko ukatuke Umwuka Guboneye, ndo akababarirwe.
\v 11 Kandi babeye babajanye mu masinagogi no mu batware no mu tribunali, mwere guhagarika umutima murikwipangira ibyo mukagambe murikwireguza.
\v 12 Kuko Umwuka Guboneye gukabigishe ugo mwanya ico kugamba.
\p
\v 13 Umuntu umwe abwira Yesu, hagati y'abantu ngo: Mwalimu, bwira mwene mama yije tugabane umurage gwacu.
\p
\v 14 Yesu aramusubiza ngo: Mbe mugabo we, ninde wangize kuba umujuji wanyu, cangwa uwo kubagabira ibyanyu?
\v 15 Nuko arababwira ngo: mwirinde cane no kwifuza kose, kuko ubuzima bw'umuntu ndo buvaga m' ubwinshi bw' ibintu bye.
\v 16 Abacira umugani ngo: Imirima y'umuntu w'umukire yareze cane.
\v 17 Nuko aratekereza, aribwira muri we ngo: Ndakora ki? Ko ndafite aho guhunika umusaruro gwa nyowe.
\v 18 Dore ico ndakora: Ndasenya ibigega bya nyowe, hanyuma nubake ibigega binini, mbikemo umusaruro gwa nyowe gose n'ubutunzi bwa nyowe bwose.
\v 19 Niho nkagambishe umutima gwa nyowe ngo: Mutima gwa nyowe, ufite ibintu akangari ubikiwe mu myaka kangari; tuza rero, urye, ugnwe, kandi unezerwe.
\v 20 Ariko Imana iramubwira ngo: We musazi we! muri rino joro ubuzima bwa wowe ndabukwaka; ibyo wabitse bikabe ibyande?
\v 21 Niko bikabere muntu wirundagaho ubutunzi, atari umutunzi mu by'Imana.
\p
\v 22 Nuko Yesu abwira abanafunzi be ngo: nico gitumye mbabwiye ngo: Mwere kwibubuza kubw'ubuzima bwanyu, kubyo mukarye, cangwa kubw'umubiri gwanyu kubyo kwambara imenda.
\v 23 Ubuzima si si buruta ibyo kurya, kandi umubiri gukaruta imyenda.
\v 24 Ni mwitegereze ibikona: ndo bihingaga kandi ndo bisaruraga, ndo bifite aho kubika cangwa ikigega, ariko Imana irabirishaga. Mbesi mwewe ndo muruta inyoni kure na kure?
\v 25 Ni nde muri mwewe, kubera kububura, woshobora kwiyongerera kurama kwe ho intambwe imwe?
\v 26 Niba mudashobweye ikintu gitoya nk'ico, ni kuki si mububuriraga ibindi?
\v 27 Mwitegereze uko amawuwa gakuraga, ndo gakoraga imirimo, ndo gashonaga imyenda; ariko ndababwiye ngo na Salomono mububonere bwe bwose, atigeze kwambara neza nk'akawuwa kamwe.
\v 28 None niba Imana yambikaga guco icatsi kiriho none mu murima kandi ejo kikatererwa mu muriro, mbesi ndo akarusheho kubambika mwewe abafite kwizera gukeya !
\v 29 Namwe rero, mwere kububura mu gushaka ibyo kurya n'ibyo kugnwa.
\v 30 Kuko ibyo byose ni byo abapagani ba yino bashakaga ibyo, kandi swo yiji ko namwe mu bikeneye.
\v 31 Ahubwo mushakishe ubwami bw'Imana; n'ibyo bintu byose mukabyongezwe.
\v 32 Mwere gutitra mweho mukumbi mutoya mwe, kuko swo yabwenye ko biboneye ko yobaha ubwami.
\v 33 Mugurishe ibyo mufite, mubitange ku bakene. Mwidodere imifuko idasazaga, nibwo butunzi butakashire mu juru, aho abasambo batageraga n'inyenzi zitabuzambya.
\v 34 Kuko aho ubutunzi bwa wowe buri, niho n'umutima gwa wowe gukabe.
\p
\v 35 Mukenyere mukomere, amatara ganyu gake.
\v 36 Namwe, musane n'abantu bategereje ko shebuja yogaruka aturitse mu bukwe kugira ngo bamufungurire ashohweye agakomanga.
\v 37 Abo bakozi bo shebuja mu kwijaa kwe akasange bari maso nibo bakagishwe! Mbibabwiye m'ukuri, akakenyere, abikeze ku meza kandi yije kubagaburira.
\v 38 Abeye yijire mu gicuku cangwa mu nkoko, abo bakozi akasange batasinziye nibo bakagishwe !
\v 39 Mubimenye neza, iyoba nyir' inzu, yamenyaga ni iyihe saha umusambo yokwinjira kwiba, yobaye maso, ndo yoyemera ko inzu ye icukurwa.
\v 40 Na mwewe rero, mubeho mwiteguye, kuko Umwana w'umuntu akayije ku saha yo mutari gutekereza.
\p
\v 41 Petro aramubwira ngo: Mwami, ugo mugani, mbesi ni twewe ugucuriye cangwa ni abantu bose?
\p
\v 42 Nuko Umwami aramusubiza ngo: Mbesi ni nde mubitsi w' w'ubwenge wo shebuja yasigiye abantu be, ngo abahe ibiryo mu gihe gikwiriye?
\v 43 Arahiriwe uwo mukozi wo shebuja mu kwija kwe akasange arigukora guco!
\v 44 Mbibabwiye m' ukuri, akamurekere guteka ibintu bye byose.
\v 45 Ariko uwo mukozi abeye yibwiye ngo: Data buja aratinze kwija, agatangira gutesa abandi bakozi n'abajakazi, no kurya no kunywa no gusinda.
\v 46 Shebuja w'uwo mukozi akayije umusi go atamurinze n'isaha yo atiji, akamutanyaguze no kumuhana hamwe n'inkozi z' amabi.
\v 47 Umukozi wari wamenye ibyo shebuja arikwenda, atategura kandi ategukora ibyo shebuja ashaka, akakubitwe inkoni akangari.
\v 48 Ariko umukozi utarabimenye, agakora ibintu bikwiriye igihano, akakubitwe inkoni zikeya. Akabazwe byinshi kuko uwobaheye byinshi, kandi uwobabikije byinshi niwe bakayishuze byinshi.
\p
\v 49 Nayijire kujugunya umuriro mu si, none ndenda ki kandi niba gukwakire?
\v 50 Hariho umubatizo gwo ngombye kubatizwa, mbabajwe kuko gurigutinda gusohora !
\v 51 Mutekereza ko nayijire kuzana amahoro ku si? Oya, ahubwo nayijire gutanya abantu!
\v 52 Kuko gutangira buno, batanu mu nzu imwe bakabemo badahujije, batatu kuri babiri na babiri kuri batatu badahujije.
\v 53 Umubyeyi ndo akahuze n'umwana we, n'umwana ndo akahuze na se. Umuhara ndo akahuze na nyina, na nyina ndo akagambe rumweza n'umuhara we. Umukazana na nyirabukwe, na nyirabukwe ndo akagambe rumwe na mukazana we.
\p
\v 54 Nuko abwira abantu tena ngo: Iyo mubwenye igicu giturutse iyo izuba rigwiraga, ugo mwanya mugambaga ngo: Imvura ye da kugwa. Kandi bikaba guco.
\v 55 Kandi iyo mubwenye umuyaga guriguhuha guturutse ipfo, muragambaga ngo: Haraba ubushuhe. Kandi bikaba guco.
\v 56 Mwe ndyarya mwe! Muzi kugenzura imiterere y'isi n'ijuru; kuki mutogenzura ibyo muri kino gihe ?
\v 57 Kandi kuki na mwewe mwenyine mutomenya ibikwiriye?
\v 58 Niba ugendanye n'umuntu urikukurega hambere y'umujuji mukuru, mukiri ha nzira, ukore ingufu zose NGO mwumvikane bukiri kare, kugira ngo atagukurubana hambere y'umujuji, akakujanira abakuru ba tribinali, nabo bakagushira mu pirizo.
\v 59 Ndakubwiye ko, ndoho ukavemo utamarire kwishura ideni rya wowe ryose Mandi bakagukuramo ikuta rya nyuma.
\c 13
\cl Isura 13
\p.
\v 1 Muri ico gihe abantu bamwe bari bari kubwira Yesu ibyabereye Abanyegalilaya bo Pilato yishe akavanga amaraso gabo hamwe nag'ibitambo byabo.
\v 2 Arabasubiza ngo: Muri kugira ngo abo banyagalilaya bari Abanydbyaha kuruta abandi Banyegalilaya bose kubera ko bababajwe guco?
\v 3 Oya. Mbabwiye ko namwe mubeye mutihanye mukarimbuke nkabo.
\v 4 Cangwa abo bantu cumi n'umunane bo umunara gwa Silowamu gwagwiye gukabita, mugize ngo bari abanyabyaha kuruta abandi bose batuye i Yerusalemu?
\v 5 Oya. Mbabwiye ko na mwewe mubeye mutinye mukarimbukd guco mwese.
\p
\v 6 Abacurira n'ugu mugani ngo: Umuntu yateye umutini mu ruzabibu rwe. Yije gushakiraho amatunda atagabona.
\v 7 Nuko abwira umuhinzi w'uruzabibu ngo: Reba, imyaka ibeye itatu ndikwija gushaka amatunda kur'ugumutini singabone. Giteme: Kuki si gokomeza kurumbiriza ubutaka busha ?
\p
\v 8 Umuhinzi w'uruzabibu aramusubiza ngo: Databuja, ugurekere ugu mwaka nago nguhingire ngufumbire.
\v 9 Ahari mu gihe kikayije guzera amatunda; bitabeye ibyo ukaguteme.
\p
\v 10 Ku musi gw'isabato Yesu yigishiriza mu rimwe ryo mu masinagogi.
\v 11 Harimo umugore uhanzwe ho n 'ibizimu gwamugize ikimuga amara imyaka cumi n'umunane ahetamire, adashobweye kweguka na buhoro.
\v 12 Yesu amubwenye yamubwiye ngo: Mugore we, ukikijwe ubumuga bwa wowe.
\v 13 Nuko amushiraho ibinabiro. Ugo mwanya aragororoka kandi ashima Imana.
\p
\v 14 Ariko umukuru w'isinagogi, ababazwa n'uko Yesu akoze ugo murimo go gukiza ku musi gw'isabato. Niho yabwiye iteraniro ngo: Hariho imisi itandatu yo gukoramo; muze rero gukizwa muri iyo misi atari ku musi gw'isabato.
\p
\v 15 Umwami Yesu aramusubiza ngo: Mweho ndyarya mwe! Mbesi buri wose muri mwe ku musi gw'isabato ntazituraga inka ye cangwa ipunda ye akayijana kugnwa amazi?
\v 16 None wuno mugore, umuhara w'Aburahamu wo Shetani yari yafunze imyaka cumi n'umunane yose ndo ari ibwamgombwa ko yofungurwaho guno munyororo ku musi gw'isabato?
\v 17 Akigamba guco, abamuregaga bose baramwara, naho abantu bose mw'iteraniro bashimishijww kubera ibyo bintu byose bitangaje byo yakoraga.
\p
\v 18 Yongera kugamba ngo: Ubwami bw'Imana bwoshushanywa na ki? Cangwa nobugereranya na ki?
\v 19 Buringanyishijwe n' akabuto ka sinapi ko umuntu yafashe no kugaterera mu murima gwe. Kakuze, gahinduka igiti kinini, kandi inyoni zo mu kirere zarika mu matabi gaco.
\p
\v 20 Yongera kugamba ngo: Ubwami bw'Imana ndabusanisha na ki?
\v 21 Bwogeranywa n'imbetezi zo umugore yafashe akagusuka mu ndengo itatu z'ifu kugira ngo avuge umutsima.
\p
\v 22 Yesu anyura mu migi no mu nsisiro arikwigisha akomeza urugendo agiye i Yerusalemu.
\v 23 Umuntu umwe aramubaza ngo: Mwami, mbesi abantu bakizwaga ni bakeya? Arabasubiza ngo:
\v 24 Mugire umwete go kunyura mu muryango zitoya kuko mbabwiye ko benshi bazend kwinjira kandi ndo bere gushobora.
\v 25 Ubwo nyir'inzu akayije no gufunga umuryango, nuko na mwewe murikabe muri hanze mukakomange ku rugi muri kugamba ngo: Mwami, Mwami, dufungurire! Akabasubize ngo: Ndo nyiji iyo muturutse.
\p
\v 26 Niho mukatangire kugamba ngo: Twaryaga no kugnwa hambere yawe kandi wigishirizaga mu nzira z'iwacu.
\p
\v 27 Nuko akasubiza ngo: Ndabibabwiye, ndo. yiji iyo muturutse mumve mu maso mwewe mwese inkozi z'amabi.
\v 28 Aho hakabeho kurira no gusya amenyo, ubwo mukamubone Aburahamu, Isaka na Yakobo, n'imbuzi zose ziri mu bwami bw'Imana naho mwewe mutererwe hanze.
\v 29 Hari abazaturuka my rasiro ry' izuba, n'iburengero bwryo, n' iruguru n'ipfo,
\v 30 kandi bakabe bikeye ha meza mu bwami bw'Imana. Kandi rero mumenye abo hanyuma bakabe abo hambere, n'abo hambere bakahunduke abo hanyuma.
\p
\v 31 Ugo musi hija Abafarisayo bamwe kumubwira ngo: Va hano, genda kuko Herode arikwenda kukwita.
\p
\v 32 Arabasubiza ngo: mugende kubwira iyo ngunzu ngo: Reba ndirukana a ibizimu no gukiza indwara none n'ejo, kandi ku musi gwa gatatu nkabe ndangije.
\v 33 Ariko ni ngombwa ko ngenda none n'ejo n'ejo bundi, kubera ko ndo byemeye ko umbuzi yopfira hanze ya Yerusalema.
\v 34 Yerusalemu we, Yerusalemu, wowe wicaga imbuzi kandi ugatera amabuye abagutumwe ho. Ni kangahe nendanga kubundikira abana bawe, nkuko inkoko ibundikiraga abana bayo mu mababa gayo, ariko mwayangire?
\v 35 Dore inzu yanyu mukayisigirwe, ariko ndabibabwiye ko ndo mukamboneho tena, kugeza ubwo mukagambe ngo: Agishe urikwija mu zina ry'Umwami Imana.
\c 14
\cl Isura 14
\p
\v 1 Umusi gw'isabato Yesu yinjira mu nzu y'umwe mu bakuru b'Abafarisayo gusangira nawe, Abafarisayo babaga barikumugenzura.
\v 2 Hambere ye hija umuntu urwaye ubahwima.
\v 3 Yesu afata ijambo no kubwira abalimu b'amategeko n'Abafarisayo ngo: mbesi biremewe cangwa ndo byemewe gukiza umuntu ku musi gw'isabato?
\v 4 Barihorera. Nuko Yesu arambura ukuboko kw'uwo muntu aramukiza kandi aramusezerera.
\v 5 Nuko arababwira ngo: Ninde si muri mwewe wo umwana we cangwa inka ye yogwa mu busha, yere kumukuramo ako kanya, ku musi gw'isabato?
\v 6 Ndo bapimye gusubiza ico kibazo.
\p
\v 7 Yesu abwenye ko abararitswe barikurwanira intend z' icubahiro, abacurira umugani ngo:
\v 8 Ubeye urarikirwe gutaha ubukwe, ureke kwihutira kwicara mu mwanya gwo hambere, kuko hiza umuntu ukurusha icubahiro.
\v 9 Nuko uwabararitse mwembi akakubwira ngo weho wimukire wuno. Nawe ukahava urikunnyerannyera, ukagenda kwicara mu ntebe zo hanyuma.
\v 10 Ariko bakuraritse, wicare mu mwanya go hanyuma, kugira ngo uwakuraritse yije, akubwire ngo: Mwira wa nyowe, yija wicare hambere. Ibyo rero bikakubahishe mu maso gaabo mukeye hamwe ku meza.
\v 11 Kuberako umuntu wese ukipandishe, akateremushwe, n'ukigaye wonyine akapandishwe.
\p
\v 12 Abwira uwararitse nawe ngo: Ubeye wenda kuzimanira abantu, wekurarika abira bawe, cangwa bene nyoko, cangwa ababyeyi bawe cangwa abaturanyi bawe b'abakire, kubera ko nabo bashibweye kukurarika barikukwishura.
\v 13 Ahubwo, ubeye wateguye umusi mukuru, uhamagare abakene, n'ibirema, n'abacumbagira, n'impumyi.
\v 14 Niho ukagishwe, kuko bo bashobweye kukwishura. Ahubwo ukarihwe ku musi go kuzuka kw' intungane.
\p
\v 15 Umwe muri abo baribikeye hamwe ku meza barigusangira, amarire kumva ago magambo, aramubwira ngo: Umuntu wose ukasangire na wowe m' ubwami bw'Imana niwe ukabe afite imigisha
\p
\v 16 Nuko Yesu aramusubiza ngo: Umuntu umwe yapanze ibukwe, maze ahamagara abantu kangari.
\v 17 Isaha yo kuzimana zigerire, atuma umukozi we kubwira abararitswe ngo: Mwije kuko byose biri tayari.
\p
\v 18 Ariko bose batangira gushaka urwitwazo nguko bar bapanze. Uwa mbere aramubwira ngo: Naguze umurima, ngiye kugutambagira. Umbabarire kabisa.
\p
\v 19 Uwundi aramubwira ngo: Naguze impfizi cumi zo guhingisha, none ngiye kuzipima umbararire ndabigusabire.
\p
\v 20 Uwa gatatu aramubwira ngo: Nyowe nashohweje, ndo noza.
\p
\v 21 Uwo mukozi aragaruka, atakerereza shebuja ibyo byose. Nuko nyiri urugo ararakara, abwira umukozi we ngo: Genda bwangu bwangu, winjire mu nzira nini n'intoya zo mu mugi. Uzane hano abakene, ibirema n'impumyi n'abacumbagira.
\p
\v 22 Uwo mukozi agarutse aragamba ngo: Databuja, ico wategetse nagikorire, ariko haracariho imyanya.
\p
\v 23 Shebuja abwira umukozi we ngo: Genda inzira yose no mu makoni, abo urabona bose ubahatire kwinjira kugira ngo urugo rwa nyow rwujwire.
\v 24 Ndababwiye ko nta muntu n'umwe wo mu bararikwa uzatamira ku mazimano go nateguye.
\p
\v 25 Abantu kangari bakurikiraga Yesu, arahindukira arababwira ngo:
\v 26 Umuntu yije aho ndi, atanze se, nyina, umugore we, abana be, bene nyina, bashiki be ndetse n'ubuzima bwe, ndo yoba umwanafunzi wa nyowe.
\v 27 Kandi umuntu udahekire umusaraba gwe ngo ankurikire ndo yoshobora kuba umwanafunzi wa nyowe.
\v 28 Ni nde muri mwewe ubaga yenda kwubaka inzu ndeyi, atabanza kwicara no kubara ibyo akakoreshe no kureba nimba afite ibyo kuyisoza?
\v 29 Kugira ngo abeye amarire kwubaka umusingi, ahagarike, kandi abarikumureba bose bagatangira kumuseka.
\v 30 Barikugamba ngo: Wuno mugabo yatangiye kwubaka, kandi atashobweye kuyuzuza?
\v 31 Cangwa si ni nde mwami wopangaa kurwana n'uwundi mwami, atamanjije kwicara ngo apime ingufu ze ngo arwane n'ufite abasoda ibihumbi mirongo ibiri kandi we afite ibihumbi cumi gusa?
\v 32 Abeye adashobweye, mugihe uwo wundi mwami akiri kure, amutumagaho intumwa zo gusaba amahoro.
\v 33 Nuko rero, umuntu wose muri mwewe utakasige ibyo afite byose, ndo yoba intumwa ya nyowe.
\v 34 Umunyu guraboneye, ariko gutakaje uburyohe bwago ni iki si coguryosha?
\v 35 Ntaco gumariye umurima cangwa imbolewo; ni kuguta hanze. Ufite amatwi go kumva yumve.
\c 15
\cl Isura 15
\p
\v 1 Abasoreshaga bose n'abantu b'imibereho mibi begera Yesu ngo bamwumve.
\v 2 Abafarisayo n'abakarani bari barikunegura barikugamba ngo: Wuno mugabo yakiraga abantu b'imico mibi kandi agasangira nabo.
\p
\v 3 Niho yabacuriye guno mugani ngo:
\v 4 Ni nde si muri mwewe yoba afite intama ijana, yoheza imwe, utosiga izo mirongo icenda n'icenda akagenda gushakisha yayindi imwe yaherire kugeza igihe akayibone?
\v 5 None si iyo iyabwenye ndo iyihekaga k'urutugu akayigarura yishimwe .
\v 6 Ageze m'urugo rero ahamagaraga abira be n'abaturanyi akababwira ngo: Twishime hamwe, kuko nabwenye agatama ka nyowe kari kaherire.
\v 7 Ndababwiye, niko bimerire. Hakabeho ibyishimo byinshi mu juru umusi umunyabyaha umwe wihannye kurusha abantu mirongo icenda n'icenda batahangayikiye kwihana
\p
\v 8 Cangwa si ni uwuhe mugore woba afite ibiceri icumi wosanga kimwe caherire, utokwatsa ikimori ngo agishake cangwa agakondora abyitayeho kugeza igihe akakibone?
\v 9 None si akibwenye ndo ahamagaraga abira be n'abaturanyi no kubabwira ngo: Twishime hamwe kuko ca giceri cari caherire nakibwenye?
\v 10 Niko ndikubabwira, iyo umuntu umwe yihannye ibyishimo bibaga byinshi mu juru .
\p
\v 11 Yagambye tena ngo: Umugabo umwe yari afite abahungu babiri.
\v 12 Umwe abwira se: Data, wompa igice c' umurage gwa nyowe. Nuko se arabimuha .
\v 13 Nyuma y'imisi mikeya, umwana mutoya, amarire guteranya ibye byose, agenda kure. Hanyuma yakoresheje ibye byose m' ubusambanyi.
\v 14 Amarire kubimira byose, inzara ikomeye itera muri ico gihugu, atangira guterwa n'ubukene .
\v 15 Yagiye gukorera umuturage umwe w'ico gihugu, wamuheye akazi ko kuragira ingurube.
\v 16 Kubera inzara, yumvaga ashaka guhazwa n'ibisagarizwa by'ibiryo by'ingurube ariko nta muntu wari wopima kubimuha.
\v 17 Amarire kwisubiraho, aragamba ngo; Data afite abakozi kangari barikurya bagasaza, na nyowe hano ndidupfa inzara!
\v 18 Nkahaguruke, ngende kwa data kandi nkamubwire ngo: Data, nagukoshereje kandi nakoshereje Imana.
\v 19 Ndo nkwiriye kwitwa umwana wawe, umfate nk'umwe mu baboyi ba wowe.
\v 20 Niho yahagurutse, ataha kwa se. Akiri kure, se amubwenye, yamugiriye impuhwe, aramwirukankira no kumuyambira, hanyuma aramuhobera.
\v 21 Nuko umwana yabwiye se ngo: Papa, naragukoresheje narakoshereje n'Imana, were kumbara ng'umwana wawe.
\p
\v 22 Ariko se yabwiye abakozi be ngo: Munzanire iropo riboneye kurusha gose, mumwambike ipete k' urutoke n'ibirato mu birenge.
\v 23 Muzane ya nkone ibyibushe, muyibage, turye kandi twishime.
\v 24 Kuko wuno mwana, murikureba yari ng' uwapfiye, buno arazutse, yari yaherire ariko buno arabonetse. Nuko batangira kwishima.
\p
\v 25 Ariko, umuhungu we wa mbere yari ari guhinga, agarutse yegereye hafi yo m' urugo, yumva umuzika ni michezo.
\v 26 Niho yahamagaye umwe m'ubaboyi, aramubaza ibyabeye.
\v 27 Umukozi aramubwira ngo: Mutoya wawe yijire, swo yamubagiye ca kimasa kibyibushe kuko yishimiye kumubona ari muzima .
\p
\v 28 Nuko uwo mukuru ararakara kandi yumva atenda kwinjira. Se agenda, aramuhendahendaa ngo yinjire.
\v 29 Ariko aramubaza ngo: Reba papa, hashije imyaka akangari ndikugukorera, amategeko gawe gose nagumviye, ndo watekereje no kumbagira agahene kugira nishime hamwe n'abira ba nyowe na rimwe.
\v 30 Ariko umwana wawe arije, amarire guhumbahumba byose, abisangiys n'abambaraga, papa, niwe ubagiye inkone ibyibushe?
\p
\v 31 Se aramusubiza ngo: Mwana we, ko turi hamwe buri gihe kandi ibyo mfite akaba ari ibyawe si!
\v 32 Ariko biraboneye ko twishime no kunezerwa kuko mutoya wawe wurikureba yari yarapfiye, ariko arazutse kandi yari yaraherire none ndamubwenye .
\c 16
\cl Isura 16
\p
\v 1 Kandi, Yesu yabwiye abanafunzi be ngo: Umugabo umwe w'umukire yari afite umubitsi wo bavugaga ko akoreshaga ibintu bye nabi.
\v 2 Aramuhamagara aramubwira ngo: Ibyo ndikukumvaho bimerire gute mwa? Mpa raporo y'akazi kawe kuko ndo ukabe tena umubisti wa nyowe .
\p
\v 3 Uwo mubitsi apanga mu umutima gwe ngo: None si nkore ki kuko pataro yenda kunyirukana akazi ko gucunga ibye? Ngende guhinga si? Ndo nshobweye. Ngende gusabiriza si? Biramwajije.
\v 4 Mbwenye ico nkakore kugira ngo mbone abantu bakanyakire mu maso gabo igihe nkakurwe ku kazi .
\p
\v 5 Nuko, agendera buri muntu wari afite ideni rya pataro, abaza uwambere ngo; Harya ufite ideni ringana gute rya pataro?
\v 6 Aramusubiza ngo: Ingunguru ijana z'amavuta. Nuko aramubwira ngo: Fata iyi karatasi ya wowe, wandikeho ingunguru mirongo itanu.
\p
\v 7 Hanyuma abwira uwundi ngo: Nawe si ifite ideni ringana gute? Arasubiza ngo: Imifuko ijana y'amasaka. Aramubwira ngo: Fata ikaratasi ya wowe, hanyuma wandikeho mirongo munane.
\p
\v 8 Umupataro yashimye uwo mubitsi w'igisambo kubera ko yifashe nk'umuntu wiji kwibeshaho. Kuko abana ba kino gihe biji kwibeshaho hambere y'abari nkabo kurusha abana bo mu mwangaza.
\v 9 Na nyowe ndagambye ngo: Mwishakire abakunzi m'ubukire bw'ubusambo, kuko nibwo bukabayambire mu mahema g'iteka, igihe bukabe butakiriho .
\p
\v 10 Intungane muri bikeya niyo ikizerws no mu byinshi kandi umusambo muri bikeya ni umusambo mu byinshi.
\v 11 None si niba mutabeye abo kwizerwa mu bukire bw'isi yujwiyemo ibibi, ni nde si ukabacungishe ibintu bikwiriye?
\v 12 None si mubeye muterekanye ko muri abizerwa mu by'abandi, ni nde ukabahe ibyanyu ngo mubicunge ?
\p
\v 13 Nta muntu wokorera w'abapataro babiri. Kuko cangwa akange umwe nuko akunde uwundi cangwa si akifungira kuri umwe no kugaya uwundi. Ndo mwakorera Imana na mamoni (amafaranga).
\p
\v 14 Abafarisayo, bakundaga amafaranga cane, babaga barikumva byose kandi barikumunnyega.
\v 15 Yesu aragamba ngo: Mwewe, mushakaga kubonera hambere y'abantu gusa, ariko Imana yiji ibiri mu mitima yanyu. Kubera ko ikibonekaga kuba gifite akamaro cane hambere y'abantu ari ikizira hambere y' Imana .
\v 16 Itegeko n'imbuzi byahozeho kugeza kuri Yohana, ariko guturuka ico gihe, ubwami bw'Imana burigutangazwa kandi buri muntu arikubyigana ngo abubone.
\v 17 Biroroshe ko isi n'ijuru bitambuka kurusha uko agasitari kamwe kw'urwandiko rw'itegeko hahunguka .
\p
\v 18 Uwirukanye umugore we hanyuma agasohoza uwundi, uwo n'umusambanyi. N'uzanye umugore wo birikanye nawe ni umusambanyi .
\p
\v 19 Habeyeho umugabo w'umukire, yari yambaraga imyenda ihenze cane, kandi iri kwerereza. Uwo mugabo yahoraga ari mu buzima bwo kwishimisha.
\v 20 Umukene witwaga Lazaro yabaga ku muryango kandi arweye ibinyoro umubiri gose.
\v 21 Kandi yumvaga akeneye kurya utunyofu tuviye ku meza g'uwo mukire. Ikibabaje nuko imbwa zabagaho zirikurigata ibyo binyoro.
\v 22 Umusi gumwe uwo mukene yapfiye, nuko abamalaika baramugendana mu gituza ca Aburahamu. Umukire nawe yapfiye, nyuma baramuhamba.
\v 23 Ageze i kuzimu, uwo mukire afungura amaso ari mu mateso gakomeye, niho yabwenye Aburahamu ari kure na Lazaro ari mu gituza ce.
\v 24 Arahamagara n'ijwi rireyi ngo: Aburahamu we, ngirire imbabazi, untumire Lazaro ashire agatoke ke mu mazi antonyangirize, hari agatima ka nyowe kararuhuka, kuko ndiguteseka cane muri guno muriro.
\p
\v 25 Aburahamu aramusubiza ngo: " Mwana we! ibuka ko wabeyeho neza igihe waberaga mu si, naho Lazaro yabeyeho mu mateso ari mu si. Buno rero arihano arikuruhuka naho weho uri guteseka.
\v 26 Ahubwo, hagati ye na wowe harimo icobo kireyi cane kugeza aho uwenda kuva hano ngo yije iyo, cangwa ngo yije hano, ndo yoshobora.
\p
\v 27 Umukire aragamba ngo: Ndikugusaba, data Aburahamu, umbabarire, untumire Lazaro agende kubarira umuryango gwa data
\v 28 Kuko mfite batoya ba nyowe batanu. Agende kubaburira bino bintu kugira ngo nabo bere kwija hano hantu h'amateso.
\p
\v 29 Aburahamu aramusubiza ngo: Bafite Musa n'imbuzi, babumvire.
\p
\v 30 Nawe aragamba ngo: Oya, data Aburahamu ariko umwe mu bapfiye abagendeye akabigisha, bokwihana.
\p
\v 31 Aburahamu aramusibiza ngo: "Babeye batumviye Musa n'imbuzi nta wundi muntu ushobweye kubumvisha naho yoba ari umuntu azutse mu bapfiye .
\c 17
\cl Isura 17
\p
\v 1 Yesu abwira abanafunzi be ngo: Ndo byorohire kutabaho ibigusha ariko uwo binyuriyemo ni we ufite ibyago.
\v 2 Bibineye ko uwo bamufungira ku gosi rye urusyo, hanyuma bakamuterera mu ngezi, aho kugira ngo agushe umutoya muri bano .
\v 3 Mwirinde mwenyine, umuvandimwe abeye akorire icaha, mumugarure. Abeye yihannye mumubabarire.
\v 4 Kandi abeye yagukoshereje karindwi mu musi gumwe, hanyuma akija gusuba imbabazi karindwi arikugamba ngo: ndihannye, umubabarire.
\p
\v 5 Intumwa zibwira Umwami ngo: Twongerere kwizera.
\p
\v 6 Umwami arababwira ngo: Mubeye mugize kwizera kungana n'akabuto gatoya cane, kangana n'ururo, mwari mushobweye kubwira ikivumu ngo: Uve hano, ugende witereke mu ngezi, hanyuma cari kirabumvira .
\v 7 Ni nde si muri mwewe woba afite umukozi umuhingiraga cangwa kumuragirira intama, womubwira agarutse aviye mu murima ngo: Karibu, egera hano, wicare ku meza?
\v 8 Ndo yamubwira ngo: Ntekere ibiryo, wambare neza kandi umpe ibyo nkeneye kugeza igihe ndaba nahaze cangwa imyota ishije, hanyuma weho nawe ukicara ukarya no kugnwa ?
\v 9 None si ni ngombwa ko ashimira umukozi we kuko yakorire ibyo yamutegetse gukora?
\v 10 Na mwewe rero, mumarire kurangiza gukora ibyo mwategetswe gukora, mugambe ngo: Turi abakozi ba busha, twakorire gusa ibyo twari tugombye gukora.
\p
\v 11 Yesu agiye gutaramira i Yerusalemu, yanyuriye hagati ya Samaria na Galilaya,
\v 12 Abeye ari kwinjira mu nsisiro, abarwayi b'ibembe icumi baramusanganira. Ahageze kure,
\v 13 bagambye n'ijwi rireyi ngo: Yesu, Mutware, dupfire imbabazi.
\p
\v 14 Amarire kubabona, yagambye ngo: Mugende abatambyi babarebe. Bari ha nzira barikugenda barakira.
\v 15 Umwe wabo amarire kubona ko yakize, asubira inyuma arigushimira Imana n'ijwi rireyi
\v 16 Yaguye hambere ya Yesu, arikumushimira kandi uwo yari ari Umusamariya .
\v 17 Niho Yesu yamubajije ngo: None si ba bandi icenda bo bari he, ndo mwakize muri icumi?
\v 18 Na ba bandi icenda bari ngahe? None si ni wuno munyamahanga ugarutse gushimira Imana gusa?
\v 19 Hanyuma aramubwira ngo: Haguruka, wigendere, kwizera kwawe kwagukijije " .
\p
\v 20 Abafarisayo babaza Yesu igihe ubwami bw'Imana bukashohwere. Arabasubiza ngo: Ubwami bw'Imana ndo bukayije buri kuvuza ubuhuha.
\v 21 Ndo bakagambe na rimwe ngo: Ngubu buri hano, cangwa ngubwo hariye. Kubera ko ubwami buri hagati yanyu .
\p
\v 22 Yabwiye abanafunzi be ngo: " Imisi zirikwija, mukashake kubona umusi gumwe mu misi y'Umwana w'umuntu mutagubone.
\v 23 Bakababwire ngo: Ari hano, ari hariya. Mwere kugendayo, kandi mutere gutururukirayo.
\v 24 Kuko, nkuko umurabyo gwererezaga no kunyaruka guturutse m'uruhande rumwe rw'ijuru no kugendera m'urundi, niko bikabe igihe Umwana n'umuntu akayije .
\v 25 Arikoha mbere yaho agombye guteseka cane kandi akangwa n'abantu ba kino gihe.
\v 26 Ibyabeyeho igihe ca Nowa bikabagereho igihe Umwana w'umuntu akayije.
\v 27 Abantu baryaga, bagnwagwa, barigushingira no gusohoza kugeza igihe Nowa yinjiriye mu bwato? Umwuzure gurija, nuko gurabarimbura bose .
\v 28 Ibyabeyeho igihe ca Loti bikabagereho guco. Abantu baryaga no, kugnwa, kugura, gutera no kwubaka.
\v 29 Ariko umusi Loti yasohotse muri Sodomo, imvura nyinshi y'umuriro n'amazuku yabagwiyeho iturutse mu juru, irabamara bose.
\v 30 30 Niko bikabe rero umusi Umwana w'umuntu akahingukireho.
\v 31 Ugo musi rero ukabe arigusakara afite ibye mu inzu, ndo akateremuke ngo abifate, kandi ukabe ari mu murima ndo akatahe.
\v 32 Mwibuke umugore wa Loti.
\v 33 Uzenda gukiza ubuzima bwe akabuhebe, kandi ukabuhebe, niwe ukabubone.
\v 34 Ndabibamenyesheje rero, muri iryo joro, abantu babiri bakabe baryamye hamwe, umwe akagende n'uwundi asigare.
\v 35 Mu bagore babiri bakabe barigusya ku rusyo rumwe, umwe akagende, n' undi asigare.
\v 36 Mu bagabo babiri bakabe bariguhinga mu murima gumwe, umwe akapandishwe uwundi asigare.
\p
\v 37 Abanafunzi baramubwira ngo: Mwami, ibyo bikabeho gihe ki? " Arababwira ngo: Aho intumbi kabe niho ibizu bikahurire."
\p
\v 37 Intumwa baramubaza ngo: Umwami aba arihe? Baramusubiza ngo: umubiri gwe gurihe.
\c 18
\cl Isura 18
\p
\v 1 Yesu abacurira umugani gumwe, ari kubereka ko bagombye gusenga buri gihe. Arababwira ngo:
\v 2 Mu mugi gumwe, hari hatuye umujuji utaratinyaga Imana kandi atubahaga umuntu n' umwe.
\v 3 Muri ugo mugi hari hatuye umupfakazi, wijaga buri gihe kumubaza ngo: None si, wonsubiza ukuri kwa nyowe hambere y'abari kundenganya?
\p
\v 4 Yamarire imisi akangari atari yamusubiza. Ariko hanyuma, arigambira ngo: " Ndo ntinyaga Imana kandi ndo nubahaga umuntu n' umwe.
\v 5 Ariko kubera ko wuno mupfakazi ambujije amahwemo, ndamusubiza ukuri kwe, kugira ngo yere kuguma kwija kunsumbuwa.
\v 6 Ngaho mwumve ibyo uyu mujuji mubi yakorire.
\v 7 None si, Imana ndo ikabahe ukuri abo yirindoreye, abo bayihamagara ijoro n'umutaga kandi akaba atakatinde kubasubiza?
\v 8 Ndababwiye, abo akabahe ukuri adatinze. Ariko si Umwana w'umuntu igihe akagaruke, akasange hakiriho kwizera hano k' ubutaka kweli?
\p
\v 9 Kandi yabacuriye ugundi umugani gwerekeye abantu bamwe biji mummitima yabo ko batungenye kandi babagaho barikugaya abandi.
\v 10 Abagabo babiri bataramiye bigenda mu kanisa gusenga. Umwe yari ari Umufarisayo, uwundi we yari ari umusoresha.
\v 11 Umufarisayo, arahagarara arasenga ari kugamba ngo: Mana! Ndi kugushimira kuko ndo merire ng'abandi bantu. Bo ni abasambo, abasambanyi, kandi ndo merire nga wuno musoresha.
\v 12 Ndafungaga kabiri mu cumweru, kubera gusenga, kandi ngatanga kimwe mu cumi c'ibintu mfite byose.
\p
\v 13 Umusoresha we yahageze kure ari gutinya gufungura amaso ngo arebe mu juru. Ariko yari ari kwikubita ku mutima, ari kugambira ngo: Mana ya nyowe! Mpfire imbabazi kuko ndi inkozi y'ibibi."
\v 14 Ndi kubabwiza ukuri, wuno yarindimutse ari gutaha iwe agizwe atunganyijwe kuruta wa wundi. Kuko buri muntu wishiraga hejuru akacishwe bugufi, kandi uwicishaga bugufi akapandishwe.
\p
\v 15 Hanyuma yaho, bamuzaniye abana batoya ngo abakoreho. Ariko babibwenye barabatangira bari kubatombokera abari bari kubazana.
\v 16 Nuko Yesu arabahamagara no kubabwira ngo: Mureke abana batoya bije, mwere kubabuza kuko ubwami bw'Imana ari ubw'abamerire ngabo.
\v 17 Ndi kugambisha ukuri, umuntu utakakire ubwami nk'umwana mutoya ndo akabwinjiremo na rimwe.
\p
\v 18 Umushefu umwe abaza Yesu ari kugamba ngo: Mwalimu uboneye, nkore ki kugira ngo npeshwe ubuzima bw'ibihe byose?
\p
\v 19 Yesu aramusubiza ngo: Kuki si unyise uboneye? Uboneye ni umwe gusa, ni Imana.
\v 20 None si wiji gano mategeko: Were gusambana, were kwica, were kwiba, were guhamya ububeshi, wubahe so na mama wawe.
\p
\v 21 Umukire aramusubiza ngo: Nyowe! Byose nabyitondeye guturuka m' ubusore.
\p
\v 22 Yesu amarire kubyumva aramubwira ngo: Ubuze ikintu kimwe: Gurisha ibyo ufite byose, ubitange kimwe kimwe ku batindi, ukabe wibikiye ubutunzi mu juru. Hanyuma, wije, unkurikire.
\p
\v 23 Igihe yumvishije ago magambo agahinda karamwita kubera ko yari ari umukire cane.
\v 24 Yesu amarire kubona ko ako gasore kari kababeye cane, arakabwira ngo: Aha! Ndo byorohire ko abantu bakize cane binjira mu ubwami bwo mu juru.
\v 25 Kuko byoroheye ingamiya kinyurira mu kobo k'urushindano kurusha ko umukire yokwinjira mu ubwami bw'Imana.
\p
\v 26 Abari bari kumwumva baragamba ngo: None si, ni nde ushobweye gukizwa?
\p
\v 27 " Yesu arabasubiza ngo: Ibyo abantu badashobweye, biroroshe hambere y'Imana
\p
\v 28 Petro aragamba ngo: Murebe, twasigire ibyacu byose turagukurikira.
\p
\v 29 Na Yesu nawe arabasubiza ngo: Ngambishije ukuri, nta muntu n' umwe wasize urugo rwe cangwa umugore cangwa bene nyina cangwa ababyeyi, cangwa abana be.
\v 30 Utakahembwe akangari muri kino gihe kandi no mu bihe bikayije, akabona ubuzima buhoragaho.
\p
\v 31 Yesu afata ba bandi cumi na babiri arababwira ngo: Ngaho dutaramiye i Yerusalemu, niho ibyanditswe n'imbuzi ku byerekeye Umwana w'umuntu bikashohwerere.
\v 32 Kuko akatangwe ku abapagani, bamunnyonnyoboreze, bamumwaze bazamuciraho amacanjwe,
\v 33 kandi hanyuma yaho bamarire kumukubitisha ibiboko, bakamwite, kandi k'umusi gwa gatatu akazuke.
\v 34 Ariko ntaco bumvishije mu byo yashatse kugamba; kuri bo yari ari gukoresha ururimi ruhishwe, amagambo go batari bari kumenya ico gagambye.
\p
\v 35 Uko Yesu yari yegereye Yeriko, impumyi imwe yari yikeye hambavu y'inzira, irigusabiriza.
\v 36 Yumvishije abantu akangari bari gutambuka, arabaza niba ari iki cabdye.
\v 37 Baramubwira ngo: Ni Yesu w'i Nazareti uri gutambuka.
\v 38 Arabira ngo: Mbabarira.
\v 39 Abantu bari bari hambere ye baramubuza no kumuhoza, ariko aguma kwabira cane ari kugamba ngo: Mwana wa Daudi we, mbabarire.
\p
\v 40 Nuko Yesu arahagarara arategeka ngo bamumuzanire.
\v 41 Abaza iyo mpumyi: Wenda ngo ngukorere ki? Iramusubiza ngo: Mwami, ndenda kureba.
\p
\v 42 Yesu nawe aramubwira ngo: Reba, kwizera kwawe kuragukijije".
\v 43 Muri ako gahe arareba, akurikira Yesu ari gushimira Imana, abantu bose babibwenye bashimira Imana na bo.
\c 19
\cl Isura 19
\p
\v 1 Yesu yinjiye mu mugi anyuriye i Yeriko.
\v 2 Nuko rero, umugabo w'umukire witwaga Zakayo, umusoresha mukuru, yari ari yenda kubona Yesu.
\v 3 Ariko ndo byari byorohiree, kubera abantu kangari, kandi ko yari ari mugufiya cane.
\v 4 Atanga abandi hambere, anyegera ikivumu kuko yari yiji ko Yesu arahanyurira.
\v 5 Yesu amarire kugera abo hantu, areba hejuru no kubwira Zakayo ngo: " Zakayo we, gira bwangu, teremuka, kuko ni ngombwa ko ndara iwawe guno musi.
\v 6 Zakayo arateremuka bwangu nuko ahobera Yesu yishimye.
\v 7 Abantu abibwenye, batangira kwibubuza bari kugamba ngo: Acumbitse k'umunyabyaha.
\v 8 Ariko Zakayo ahagarara imbere y'Umwami no kumubwira ngo: Reba Mwami, mpeye abakene inusu y'ubukire bwa nyowe kandi habeyeho uwo nariye ibye, aze mbimugarurire kane.
\p
\v 9 Yesu aramubwira ngo: None agakiza kinjiye mu wawe kuko nawe uri umwana wa Aburahamu.
\v 10 Kuko Umwana w'umuntu yayijire gushaka no gukiza ibaherire.
\p
\v 11 Bari barikumva ibyo bintu, nuko Yesu abacurira guno mwaze, kuko yari ari hafi y'i Yerusalemu, kandi abantu bari bizeye ko ubwami bw'Imana bugiye kwija aho aho.
\v 12 Nuko rero aragamba: Umugabo wari yaravukiye mu muryango guboneye yagiye mu igihugo ca kure kugira ngo yishire ku intebe y'ubwami, nyuma akabona kugaruka.
\v 13 Ahamagara abakozi be icumi, abaha buri muntu ibipande by'ifeza icumi, nyuma arababwira: Muzibyarishe kugeza igihe nkayije.
\p
\v 14 Ariko abanyagihugo bira be baramwangaga, nyuma bamutumira abahagarikizi babo ngo bamubwire ngo: Ndo dushaka ko uyu mugabo yadutegeka.
\v 15 Umusi go yagarukiyeho, hanyuma yo guhabwa intebe y'ubwami, ahamagara abo bakozi be bo yari yasigiye amafaranga kugira ngo buri mukozi atange raporo uko yagabyarishije.
\p
\v 16 Uwa o Uwo hambere yayijire, aramubwira ngo: Mwami, rya faranga wampeye, ryazeye amafaranga icumi.
\p
\v 17 Aramubwira ngo: Bibineye, mukozi uboneye kuko uri uwo kwizerwa muri bikeya, nguhdye gutegeka imigi icumi,
\p
\v 18 Uwa kabiri arina ari kugamba ngo: Ifaranga rya wowe ryazeye amafaranga atanu.
\p
\v 19 Nawe aramubwira ngo: Nawe utegeka imigi itanu.
\p
\v 20 Uwundi nawe arija no kugamba ngo: Ngiri i faranga ryawe narifashe, ndarihisha mu mwenda,
\v 21 kuko narakwitinyiye kubera ko uri umuntu utagiraga imbabazi, ushakaga ibyo utabitse, ugasarura ibyo utateye
\p
\v 22 Yesu aramubwira ngo: Ndagufatishije mu magambo gawe. Ko wari wiji si ko ndi umuntu mubi, nshakaga ibyo ntabitse kandi ngasarura ibyo ntateye,
\v 23 Kuki utabitse ifaranga rya nyowe mu banki kugira ngo ngarutse mbone ifaranga zanje n'ifaida yaryo ?
\v 24 Kandi arababwira tena abari bari aho: Mumwake rya faranga, murihe wa wundi ufite icumi.
\p
\v 25 Baragamba ngo: None si Mwami, ko afite icumi !
\p
\v 26 Ndikubabwiza ukuri, ufite akahabwe ariko umutindi bakamwake nako yaberagaho arikuririraho.
\v 27 Ahasigeye muzane abanyangaga, abatarikwenda ko mbategeka, mubitire mu maso ga nyowe.
\p
\v 28 Amarire kugamba ago gose, Yesu anyura mu mugi ari gutaramira i Yerusalemu.
\p
\v 29 Agerire hafi ya Betifage, na Betaniya ari kwerekera ku musozi gwitwa umusozi gw'i Mizeituni, Yesu atuma abanafunzibe babiri, ari kugamba ngo:
\v 30 Mugende mu mugi guri hambere yanyu. Mumarire kwinjira, murabona akana k'ipunda kafunzwe, agapunda ko umuntu atari yapandaho, mugafungure nuko mukanzanire.
\v 31 Umuntu abeye ababajije ngo: Kuki muri kukazitura? Mumusubize ngo: " Umwami aragakeneye.
\v 32 Abatumwe baragenda basanga ibintu bimerire nkuko yabibabwiye.
\p
\v 33 Barikuzitura ka kana k'ipunda, ba nyirako barababaza: Kuki si murikuzitura aka gapunda kacu?
\p
\v 34 Baramusubiza ngo: Umwami aragakeneye.
\v 35 Bakazanira Yesu, hanyuma bagasasaho imyenda nuko Yesu agapandaho.
\v 36 Igihe yari arigutembera, abantu basasa ibikwembe byabo mu nzira.
\p
\v 37 Kubera ko yari agerire hafi ya Yerusalemu, kumuteremuko g'umusozi gw'i Mizeituni, abanafunzi akangari, berekanye ibyishimo, batangira gushimira Imana bari kuririmba kubera ibitangaza bari bamarire kubona.
\q
\v 38 Bari bari kugamba ngo: Agishwe Umwami wije mu izina ry'Uhiragaho. Ituze mu juru n'ububonere bube ahantu hari hejuru ya hose.
\p
\v 39 Abafarisayo akangari bari bari aho, babwira Yesu ngo: Mwalimu, bwira abanafunzi bawe here ktuyombera.
\p
\v 40 Arabasubiza ngo: Ndababwiye, babeye bahoze, amabuye gokwabira.
\p
\v 41 Kuko bari bari hafi y'umugi, Yesu aragureba, nyuma araguririra.
\v 42 Aragambango: Wobeye womenya ko guno musi wahewe ibintu byo kutuma utuza, ariko buno ndo wobimenya kubera ko bihishe mu maso gawe.
\v 43 Kuko imisi zirikwija, abanzi bawe bakakuzungurusheho imiferege, bagushire hagati, kandi bose barikuguponda mu intoke zabo my mpande zose.
\v 44 Bakakumareho weho n'abana bawe bari hagati yawe kandi nta n'ibuye ripanzwe hejuru y' irindi rikasigare rikabeho kuko ndo wamenye igihe gikizwa kwawe.
\p
\v 45 Yinjira mu kanisa nuko atangira kwirikana abari barikugurisha.
\v 46 Ari kubabwira ngo biranditswe: " Inzu ya nyowe n' inzu yo gusengeramo ariko mwewe mwayihinduye ubuvumo bw'ibisambo.
\p
\v 47 Yesu yabaga buri musi m'urusengero. Abatambyi bakuru, abakarani n'abakuru babo bantu bashakaga kumugahura,
\v 48 Ariko bayobewe uko bobikora kuko buri muntu yari amukunze.
\c 20
\cl Isura 20
\p
\v 1 Muri izo misi, uko Yesu yari arikwigishiriza abantu mu kanisa kandi ari gutangaza umwaze guboneye, abatambyi bakuru, abakarani n'abazehe bo mu kanisa, baramwijira, bamugwaho gitumo.
\v 2 Baramubaza ngo: " tubwire aho zino ingufu zo gukora bino bintu uzikuraga, cangwa niba ari nde waguheye buno bushobozi ?
\p
\v 3 Arabasubiza ari kubabwira ngo: " Ahubwo na nyowe ndikubabaza ikibazo kimwe".
\v 4 Mumbwire, umubatizo gwa Yohana gwavuye mu juru cangwa ku bantu ?
\p
\v 5 Ariko baratekereza hagati yabo, barabwirana ngo: " Tubeye tugambye ngo gwaviye mu juru aratubaza ngo: kuki mwayangire kumwizera?"
\v 6 Kandi dusubuje ngo gwavuye ku abantu, abantu bose baradutera amabuye kuko biji neza ko Yohana ari imbuzi.
\v 7 Nuko rero barasubiza ngo: ndo twiji iyo gwaturutse.
\p
\v 8 Nuko Yesu arababwira ngo: " Na nyowe rero ndo ndababwira aho ingufu zo gukora bino bintu ziturukaga.
\p
\v 9 Yesu atangira gucurira abantu guno mugani: Umugabo umwe yateye impoko ze, azisigira abo kuzichunga, hanyuma yigendera mu kindi gihugo kandi amarayo imisi akangari.
\v 10 Igihe co gusarura kigerire yatumye umukozi ngo agendere ba bandi bacungaga kugira ngo bamuhe ku musaruro gw'imbuto ze. Abo bacunzi baramufata baramudiha, baramumwaza, hanyuma baramwirukana ntaco bamuheye.
\v 11 Atuma uwundi mukozi nawe baramudiha, baramumwaza kandi baramwirukana atahana busha.
\v 12 Yongera atuma uwa gatatu, baramukubita no kumugira ibisebe kandi baramwirukana.
\v 13 Nyiri mpoko aragamba ngo: " None si nkore iki? Nkatuma umwana wa nyowe wo nkundaga, ahari we bakamuhe icubahiro.
\p
\v 14 Ariko igihe abacunzi bamubonye, bafashe inama no kugamba ngo: " Wuno niwe muragwa, tumwite kugira ngo guno murima gusigare ari ugwacu."
\v 15 Bamujugujuye kure y'umurima baramuniga. Buno rero nyir'impoko umusi akayije akabagenze gute?
\v 16 Akayije abamare bose, hanyuma ahe izo mbuto abandi bakamyi. Bamarire kumva ago magambo baragamba ngo: " Imana itere kubyemera.
\p
\v 17 Ariko Yesu yabarebye cane, hanyuma arababwira ngo:" none si ibyandikirwe bigambye ki? Ibuye ryo abubatsi bagaye so ryo si ryabeye iryo hambere rikomeza ikona.
\v 18 Buri muntu ukagwishwe n'iryo buye akavunagurike kandi uwo rikagweho rikamushenjagure.
\p
\v 19 Abatambyi bakuru n'abakarani benda kumufata muri ako kanya ariko batinya abaturage. Bari bamenyeko Yesu yabaciriye ugo umugani kugira ngo abanunike.
\v 20 Nuko bagumye gutumbira Yesu kandi bamutumira abantu babonekaga ko ari beza ngo bamugwishe banyuriye mu magambo. Hanyuma bamuregere abajuji n'abandi bategetsi b'igihugo.
\v 21 Abo bantu baramubaza ngo: Mwalimu, twiji ko wigishaga m' ukuri nuko utarebaga k'ububonere bwo hanze ariko ko wigishaga inzira z'Imana m'ukuri.
\v 22 None si, twemerewe gutanga umusoro gwa Kaisari ?
\p
\v 23 Amarire kumenya ubutiriganya bwabo, rero Yesu arabasubiza ngo:
\v 24 " Munyereke mbesi igiceri". None si iyi foto na gano mandiko n'agande? Baramusubiza ngo; N'aga Kaisari.
\p
\v 25 Nuko rero arababwira ngo: " Muhe Leta ibya Leta kandi iby'Imana mubihe Imana.
\v 26 Babura ico kumugaya mu magambo ge hambere y'abaturage, ariko kubera ko bari bamarire gutangazwa n'ibisubizo bye baranuma.
\p
\v 27 Bamwe mu Basadukayo barija aho ari barikugamba ngo: " Abantu ndo bakazuke,
\v 28 Baramwegera barikumubaza kino kibazo: " Mwalimu, bino n'ibyo Musa yategekire. Umugabo apfiye yarashohoje ariko atazeye, mwene nyina akasohoze uwo mugore kugirango abyarire mwene nyina ?
\v 29 Ariko habayeho ibyene nyina birindwi, uwa mbere arasohoza nuko apfa atazeye.
\v 30 Uwa kabiri nawe byabeye guco.
\v 31 Uwa gatatu nawe yatunze uwo mugore. Biba guco kuri bose barindwi. Bose barindwi bapfiye badasize akana.
\v 32 Hanyuma uwo mugore nawe arapfa.
\v 33 Umusi go kuzuka, uwo mugore akabe uwande muri abo barindwi kuko bose babenye nawe ?
\p
\v 34 Yesu arabasubiza: " Abana ba yino si barasohozaga no gusohozwa.
\v 35 Ariko abakaboneke ko bakwiriye kugira uruhari mu ngoma ikayije kandi bakazuke kuva mu bapfiye ndo bakasohoze cangwa gusohozwa.
\v 36 Kuko ndo bakapfe tena, kuko bakasane na malaika kandi bakabe abana b'Imana, guco bakabe abana b'umuzuko.
\v 37 Kuba abapfiye bakazuke n'ibyo Musa yamenyesheje kuko igihe c'igihuru kiri kugurumira yise Umwami Imana y'Aburahamu, Imana ya Isaka, Imana ya Yakobo,
\v 38 Kandi Imana yacu twese ndo ari Imana yabapfiye, ariko n'Imana yabariho kuko kuri yo bose ni bazima.
\p
\v 39 Bamwe mu bakarani bafata igambo baragamba ngo: " Mwalimu ugambire neza"
\v 40 Ndo bongeye gupima kumubaza ikibazo ico arico cose.
\p
\v 41 Yesu arababwira ngo: " Ni gute bagambaga ngo Kristo n'Umwana wa Daudi?
\v 42 Daudi si ntaho mu gitabo ca Zaburi ari kugamba ngo: " Umwami yabwiye Umwami wa nyowe ngo: " Iyicariremu kuryo kwa nyowe,
\q
\v 43 kugeza igihe nkashirire abanzi bawe hasi y'ibikandagizo bya wowe."
\v 44 None si ko Daudi yamwise Umwami we, ni gute kandi yabeye umwana we ?
\p
\v 45 Igihe abanafunzi be bari bari kumwumva, Yesu arabanunika ngo:
\v 46 " Abakarani bakundaga gutembera bambeye amaropo mareyi kandi bagashaka ko babaramutsa mu masoko no mu biterane, barwaniraga kwicara mu ntebe zo hambere mu masinagogi, ifasi za mbere, no mu myanya za mbere mu misi mikuru,
\v 47 bakamira inzu z'abapfakazi kandi bakerekana ko biji gusenga bakoresheje amashengesho gatari gushira. Abantu nga bano bakahanwe nta mbabazi.
\c 21
\cl Isura 21
\p
\v 1 Yesu afungura amaso nuko areba abakire barikugushira amaturo gabo mu cibo.
\v 2 Kandi yabwenye umupfakazi w'umutindi ashijemo nawe ibiceri bibiri bitoya.
\v 3 Nuko aragamba ngo: " Ndikubabwira ukuri uwo mutindi w'umupfakazi niwo watuye menshi kusumba abandi.
\v 4 Kuberako bafashe bikeya kubyo badakeneye, baba aribyo batura ku Mana mu cibo ariko wuno we yatanze ibyo yari afite byose .
\p
\v 5 Kubera ko bamwe bari barikugamba ibyerekeye ikanisa ryari ryubakirwe n'amabuye gaboneye n'ibikoresho byatanzwe ho amaturo, Yesu aragamba ngo: "
\v 6 Imisi zirikwija aho ibuye ritakazabe hejuru yirindi muri gano muri kureba, byose bikabomoke .
\v 7 Baramubaza ngo: " Mwalimu si, ibyo bikabe giheki? n'ikimenyetso ki he kikatwereke ko ibyo bintu byenda kugera?
\v 8 Yesu arabasubiza ngo:" Mukore uko mushobweye mutakahabe. Kuko abantu akangari bakayije mu zina rya nyowe barikugamba ngo: Ni nyowe, kandi igihe casohweye, mwere kubakurikira.
\v 9 Igihe mukayumve abantu barikubara imyaze z"intambara n'akaduruvayo mwihagarareho, kuko ni ngobwa ibyo bintu byije. Ariko ntaho umwisho gukabe gushohweye .
\p
\v 10 Arababwira teno ngo: " Igihugo kikatere ikindi, n'ubwami bukarwane n'ubundi,
\v 11 Hakabeho imitsitsi myinshi ahantu henshi, hakabeho indwara zivumbukiyeho n'inzara nyinshi, hakabeho ibyo gutinyisha n' ibimenyetso akangari mu juru .
\v 12 Ariko hambere y' ibyo byose bakabafate babanige bakabajanire ama sinagogo, bakabaterere mu mapirizo, bakabaregere abami n'ubutegetsi kubera izina rya nyowe.
\v 13 Ibyo bikababere inzira yo gutanga ubuhamya .
\v 14 Mumenye ko mutagombye gutayarisha kwiregura.
\v 15 Kuko nkabahe amagambo n'ubwenge kandi nta n'umwe mu abari bakubarenganya ukashobore kwanga cangwa kubeshuza ibyo mukagambe .
\v 16 Mukakorerwe nabi n'ababazeye, benenyoko, abo m'umuryango gwanyu, abira banyu kandi bakite benshi muri mwewe.
\v 17 Bakabange kubera izina rya nyowe.
\v 18 Ariko nta musatsi na gumwe go k'umutwe gwanyu gukahere.
\v 19 Kubera kwihangana kwanyu imitima yanyu ikakizwe .
\p
\v 20 Nimubona Yerusalemu izungurukirwe n'abasoda mumenye ko igihe co kubomoka kigeze.
\v 21 Nuko rero abakabe bari i Yudea bakahungire mu misozi, abakabe bari hagati ya Yerusalema bakavemo kandi abakabe bari mu mirima bere gutaha mu mugi.
\v 22 Kubera ko zikabe imisi yo kwiyishurira, imisi yo ibyandikirwe bigombye gusohoramo .
\v 23 Abagore bafite inda bakabone ibyago, n'abakabe barikonsa nabo bakabone ibyago, kuberako hakabeho akababaro mu gihugu, n'umujinya mu bantu.
\v 24 Bakanyagwe kandi bakagwe m'ubugi by'inkota abandi bakashirwe mu pirizo mu baturage bose b'igihugu na Yerusalemu ikannyatwennyatwe n'abatari Abayuda kugeza igihe cashewe abanyamahanga cujwiye .
\p
\v 25 Mu zuba hakabemo ibimenyetso, mu kwezi no mu nyenyeri. Na hano ku si hakabemo ubwoba bwinshi mu gihugu. bakashakishe ico gukora bakibure hambere no gusuma kw'amazi ni mivumba.
\v 26 Ubwoba bwinci bukatitize abantu birindiriye ibigiye kubaho kuri yino si, kuko ingufu zijuru zikanyegenyege .
\v 27 Nuko rero tukarebe Umwana w'umuntu agarutse mu bicu afite ingufu n'ububonere bwinshi.
\v 28 Igihe ibyo bintu bikatangire kwija mukahaguruke kandi murebe hejuru kuko igihe co gucungurwa kwanyu kikabe gisohweye .
\p
\v 29 Yongera abacurira ugundi mwaze ngo: mutumbire umutini n' ibindi biti.
\v 30 Nibirangiza kumera, murabizi mwewe mwenyine mukareba ko igihe kigrire hafi.
\v 31 Na guco mubaye mubwenye ibyo bintu bisohweye mukamenye ko ubwami bw'Imana buri hafi .
\v 32 Ndikubabwiza ukuri, abariho buno ntaho bakapfe batabwenye muri bino bintu.
\v 33 Ijuru n'isi bikashire ariko amagambo ga nyowe ntaho gakashire na rimwe
\p
\v 34 Mwirinde kugira ngo imitima yanyu yere kuremererwa kubera kuvutura no gusinda no guhangayikira ubuzima kandi mwirinde ugwo musi gutakabagwe ho mugaririre tayari.
\v 35 Kuko gukaze ng'umutego go kubashukana abantu bose batuye hano ku si .
\v 36 Nuko rero mufungure amaso kandi musenge buri gihe kugira ngo mugire ingufu zo kunyururuka muri ibyo bizaza kandi ngo muboneke muhagaze neza hambere y'Umwana w'umuntu .
\p
\v 37 Mu mutaga, Yesu yari arikwigisha mu kanisa yarangiza ha mugoroba akigendera kwirara ku musozi gwitwa Mizeituni.
\v 38 Abantu bose barazindukaga mu kanisa ngo bamwumve .
\c 22
\cl Isura 22
\p
\v 1 Umusi mukuru gw'imikati itarimo umusemburo gwitwa mu gandi magambo Pasika, gwari gwegereje.
\v 2 Abatambyi bakuru n'abakarani bashakisha inzira zo kwiyenza no kwica Yesu kuko batinyaga abantu.
\p
\v 3 Ahubwo, Shetani yinjira muri Yuda, witwaga Isikarioti, umwe m'umubare gw'abanafunzi cumi na babiri.
\v 4 Nuko Yuda aranyomboroka, agenda kumugambanira hambere y'abatambyi bakuru n'abakuru b'abasoda, ari gushakisha uko aramubashira mu maboko.
\v 5 Barishima cane, nuko bumvikana amakuta go kumuha.
\v 6 Bamarire kumvikana, ashakisha inzira yo kubaha Yesu abantu batabizi.
\p
\v 7 Umusi gw'imikati itarimo umusemburo gugeze, umusi gwo bagomba kubagiraho agatama ka Pasika guragera.
\v 8 Nuko Yesu atuma Petero na Yohana arikugamba ngo: " Mugende mudutayarishirize Pasika kugira ngo tuyirye.
\p
\v 9 Baramubwira ngo: " None si urigushaka ngo tuyitayarishirize nga he?".
\p
\v 10 Yesu arabasubiza ngo: " Murebe, mumarire kwinjira mu mugi, mukahure n'umugabo wikoreye ikibindi kirimo amazi, mukamukurikire kugeza mu inzu akinjiremo.
\v 11 Kandi mukabwire nyir'inzu ngo: " Mwalimu arigushaka kumenya aho arasangirira Pasika n'abanafunzi be.
\v 12 Nuko rero azkabahe icumba kirimo ameza n'intebe, umwo nimo mukatayarishirize Pasika.
\v 13 Baragenda, basanga ibintu bimerire nkuko yababwiye. Nuko batayarisha Pasika.
\p
\v 14 Igihe kimarire kugera, yicara ku meza hamwe n'intumwa ze.
\v 15 Arababwira ngo: " Nakeneye cane kurya iyi Pasika hambere yo nateseka.
\v 16 Kubera mbibabwiye, ntaho nkayongera kurya Pasika na rimwe kugeza igihe co ubwami bw'Imana bukasohwere.
\v 17 Amarire gushikira ikopo, aragamba ngo: " Mufate kino gikopo mugisangirire ho.'
\v 18 Kuko ndababwiye, ntaho nkayongere kugnwwa umutobe guvuye mu mizabibu kugeza igihe ubwami bw'Imana bukasohore.
\v 19 Hanyuma yaho, yafashe umukati, amarire gushimira Imana, aragumanyagura, arabaha arikigamba ngo: " ugu n'umubiri gwa nyowe gubatangiwe, mukore guco murikunyibuka ".
\v 20 Guco yafashe igikopo, bamerire kurya ibyo k' umugoroba, arabahana arikugamba ngo: " Kino gikopo ni indagano nshasha yerekeye amaraso ga nyowe gabamenekeye " .
\v 21 Ariko, mwirebere, ugiye kuntanga ari hano kuri gano meza.
\v 22 Umwana w'umuntu ari kwigendera nkuko byayandikirwe, ariko ufite ibyago n' ugiye kumutanga.
\v 23 Nuko batangira kwibaza hagati yabo niba arinde ukakore ibyo.
\p
\v 24 Nuko hagati yabo habeyemo ibibazo kangari, barikwenda kumenya niba arinde hagati yabo ukwiriye kuba mukuru.
\v 25 Yesu arababwira ngo: " Abami b'ibihugo babifashiyd mu ndoki zabo, nabikeye hejuru bitwaga abategetsi b'ibiboneye.
\v 26 Byere kubabera guco, mureke urikwenda kuba mukuru yifate ngaho ariwe mutoya, kandi urigutegeka abe nk'umukozi wabo.
\v 27 Kuko ni nde si uri mukuru hagati y'uwikeye ku meza cangwa urikumukorera? Na nyowe rero ndi hagati yanyu nk'umuntu urikubakorera .
\v 28 Mwewe, muri abihanganye hamwe na nyowe, mu bino bigeragezo byo ndikunyuramo.
\v 29 Nico gitumye mbaheye ubwami nguko Data yabubaheye.
\v 30 Kugira ngo mukarye no kugnwa twikeye hamwe ku meza g'ubwami bwa nyowe, mwikeye ku ntebe murigucira urubanza amoko cumi n'abiri ga Israeli.
\p
\v 31 Umwami aragamba ngo: " Simoni, Simoni, shetani yabasabye ngo abachezemo ng' umuntu urikuvunga uburo.
\v 32 Ariko weho nagusengeye ngo kwizera kwa wowe kwere gusubira inyuma. Ariko n'ugaruka ufashe bira bawe.
\p
\v 33 Petro aramubwira ngo: " Mwami, ndi tayari kugendana nawe, naho haba mu pirizo cangwa gupfa hamwe na wowe.
\p
\v 34 Na Yesu aramubwira ngo: " Umva, Petro. Isake ikabe itarabika none, nawe ukabe wampakanye gatatu ko ndo unyiji.
\p
\v 35 Arababwira tena ngo: " Igihe nkabatume mudafite amakuta cangwa isakoshi cangwa ibirato, hari ico mwabuze? Nuko nabo baramusubiza ngo: " Nta na kimwe.
\p
\v 36 Nuko arongera arababwira ngo; " ariko buno, ufite amakuta, agafate, ufite isakoshi nawe ayifate, udafite umusho agurishe umwenda gwe ngo agugure.
\v 37 Kuko ndababwiye ko ni ngombwa ko rino gambo ryandikirwe risohorera muri njowe. Uwo yabazwe m'umubare gw'abakoraga ibibi. Kandi ibinyerekeye bigiye gusohora.
\p
\v 38 Baramubwira ngo: " Ngizi imisho zibiri. Nuko arabasubiza ngo: "Zino zirahagije"
\p
\v 39 Amarire gusohoka, arigendera akurikije imihango agenda ku musozi gw'Elayo, abanafunzi be baramukurikira.
\v 40 Amarire kugerayo, arababwira ngo: " Musenge kugira ngo mudashukwa'.
\v 41 Hanyuma agenda kure yabo nka metero zo guteraho ibuye, arapfukama, atangira gusenga.
\v 42 Arikugamba ngo: " Ushatse Data, wankiza kino gikombe! Ariko, gushaka kwa nyowe gutsindwe ahubwo ukwa wowe gukorwe.
\v 43 Nuko rero malaika aramuzira aviye mu juru amuha ingufu.
\v 44 Kubera guteseka kwinshi, arasenga cane nuko itutu rye rihinduka nk'ibitonyangizwa by'amaraso birikugwa k'ubutaka.
\v 45 Hanyuma yo gusenga, arahaguruka, asanga abigishwa be basinziriye kubera agahinda.
\v 46 Arababwira ngo: " Kuki mwiryamiye? Muhaguruke musenge kugira ngo mwere gushukwa. "
\p
\v 47 Akigamba, hija abantu kangari, n'uwitwaga Yuda, umwe muri ba bandi icumi na babiri, azana nabo, ari hambere yabo. Yegera Yesu ngo amuhobere.
\v 48 Nuko Yesu aramubwira ngo: " Yuda, urampobeye kugira ngo ubone inzira yo kuntanga ?
\p
\v 49 Abari bari hamwe na Yesu, babwenye ibigiye kubaho, baragamba ngo: Mwami, tubatemaguze imisho?
\v 50 Umwe muri bo, atema ugutwi k'umukozi w'umutambyi mukuru, ugutwi kose kw'iburyo kuvaho.
\p
\v 51 Yesu aragamba ngo: " Rekera aho birahagije. Nuko akora muri uko gutwi, agusubizaho, aba arakize.
\v 52 Nyuma yaho, Yesu abwira abatambyi bakuru n'abashefu bacungaga ikanisa n'abazehe bari bayijire kumukorera nabi ngo: " Murikwija ngaho mwije gufata igisambo mufite imisho n'inkoni.
\v 53 Ariko nabanaga namwe buri musi mu kanisa ntaho mwamfashe. Ariko isaha irageze hamwe n'ingufu z'umwijima.
\p
\v 54 Bamarire gufata Yesu, bamugendanye, bamwerekeje mu nzu y'umutambyi mukuru. Petero amukurikirira kure.
\v 55 Bacana umuriro hagati mu mbuga nuko baricara. Petero yikara hagati.
\v 56 Umukozi w'umugore wamubwenye yikeye hambavu y'umuriro, aramwitegereza cane, nuko aramubwira ngo; ' wuno mugabo nawe yabanaga hamwe nawe.
\p
\v 57 "Petero arahakana ari kugamba ngo: " We mugore we, ntaho mwiji.
\p
\v 58 Hashize akanya gatoya, undi aramubona aragamba nta bwoba ngo: " Uri umwe muri bariya bantu". Na Petero aramutombokera arikugamba ngo: " We, mugore we, ntaho ndi umwe muri bo ".
\p
\v 59 Hashize karibu isaha, uwundi aragamba ari guhamya ngo: " Mukuri, uyu muntu nawe nuwo hamwe nawe, kuko ari Umugalilaya.
\p
\v 60 Petero aramusubiza ngo: Mugabo, rero, ntaho nomenya ico uri kugamba. Muri ako kanya isake irabika.
\v 61 Umwami arahindukira areba Petero. Nuko Petero yibuka igambo ry'Umwami yari yamubwiye ngo: ''Hambere yuko isake ibika none, Petero we, ukabe wanyihakenye gatatu ''.
\v 62 Nuko amarire gusohoka, Ararira yenda gupfa.
\p
\v 63 Abagabo bari bafashe Yesu bari bari kumudiha no kumunnyonnyoboreza.
\v 64 Bamufunga amaso, nuko baramubaza bari kugamba ngo. '' Fora uwagukubise "
\v 65 Kandi bari barikumutuka nabi.
\p
\v 66 Bukeye, abagize ibiro by'abakuru b' abazehe b'umuryango, abatambyi bakuru n'abakarani bishira hamwe nuko bahamagaza Yesu mu nama nkuru yabo.
\v 67 Baramubaza ngo: "Niba uri Kristo bitubwire: Yesu arababaza ngo:
\nb
\v 68 '' Nano nabibabwira ntaho murabyemera." Kandi naho nobabaza, ntaho muransubiza.
\v 69 Kuva buno, umwana w'umuntu yenda kwikara mu kuboko kw'iburyo kw'Imana.
\p
\v 70 Bose baramubaza ngo: " N'ukugamba ngo ki: "Uri Umwana w'Imana? Arabasubiza: " Murabigambire, Nyowe, ndiwe.
\p
\v 71 " Nuko baragamba ngo: Kandi si hari uwundi mudimwe dukeneye? Twumvishe twese n'amatwi gacu ibyo agambire.
\c 23
\cl Isura 23
\p
\v 1 Bose barahaguruka, bagendana Yesu hambere ya Pilato.
\v 2 Batangira kumurega ngo: " twasangire wuno mugabo arikwigisha abantu bacu kutumvira, ari kubabuza gutanga umusoro gwa Kaisari, kandi arikwiyita wonyine Kristo Umwami.
\p
\v 3 Pilato aramubaza ngo: " Koko si uri Umwami w'Abayuda? " Yesu aramusubiza ngo: " Ubigambire "
\p
\v 4 Pilato abwira abatambyi bakuru n'abantu kangari bari bahari ngo: " Ntaco ndi kubona kibi muri wuno mugabo co kumuhanira."
\p
\v 5 Ariko bagumya kuvuga ngo: " Agomeshaga abaturage arikwigisha i Yudeya hose atangiriye i Galilaya kugeza na hano ".
\v 6 Pilato yumvishije barikugamba ibyerekeye i Galilaya, ashaka kumenya niba Yesu ari uw'i Galilaya.
\v 7 Amarire kumenya ko Yesu ari uwo mu bwatsi bwa Herode, aramumutumira kuko Herode yari ari i Yerusalemu muri iyo misi.
\p
\v 8 Herode abwenye Yesu, yicwa n'ibyishimo, kuko Herode yari amarire imisi arigushaka kumubona, kuko yumvaga byinshi kuri we kandi yari yiringiye ko akabone Yesu ari gukora ibitangaza.
\v 9 Yamubajije ibibazo kangari ariko Yesu ariyumvirira.
\v 10 Kuko abatambyi bakuru n'abakarani bari baraho, baramurega cane.
\v 11 Herode n'abasoda bo kumucunga bamufata nabi cane, bamarire kumunnyonnyoboreza no kumwambika umwenda guri kwerereza, bamusubiza kwa Pilato.
\v 12 Ugo musi, Pilato na Herode bongera gukundana, kandi bari bari abanzi hambere.
\p
\v 13 Pilato ahamagaza abatambyi bakuru n'abajuji, n'abaturage
\v 14 no kubabwira ngo: " Mwanzaniye wuno mugabo muri kugamba ko atumaga abantu batumvira. None mubajije imbere yanyu mwese, ariko ntaco ndikubona kiri kumutsinda mubyo muri kumurega.
\v 15 Na Herode nawe ntaco yabwenye kuko yamutumye hano. Murebe rero wuno mugabo ntaco yakorir cotuma yopfa.
\v 16 Ndamurekura rero ariko hanyuma yo kumuhana.
\v 17 Buri musi mukuru, yabaga ari ngombwa ko abarekurira umufungwa umwe.
\v 18 Bose barayomba no kwabira ngo: " site wuno, nuko uhere kuri Barabasi".
\v 19 Wuno mugabo Barabasi yari yarashizwe mu pirizo kubera ubugome bwari buri mu mugi kandi kubera ubwicanyi bwe.
\v 20 Pilato arongera arababwira arigushaka kurekura Yesu.
\v 21 Barabira ngo: mubambe, mubambe! ".
\v 22 Pilato arababaza ubwa gatatu ngo: " Niki kibi yakorire si? Nyowe ntaco nabwenye muri we gishoweye gutuma apfa. ndamurekura rero, ariko ndabanza kumuhana.
\v 23 Ariko barihandagaza n'ijwi rireyi bari gusaba ko yabambwa. Kuyomba kwabo kuratsinda.
\v 24 Nuko Pilato arababwira ko ibyo barigusaba barabihabwa.
\v 25 Barekure uwo wari afunzwe kubera ubugome n'ubwicanyi kandi niwe bari bari gusaba, batanga Yesu nkuko barigubashaka.
\p
\v 26 Uko bari bari kumuzana, bafata umugabo witwaga Simoni w'i Kurene, wari yiviriye mu murima, bamwikoreza umusaraba inyuma ya Yesu.
\p
\v 27 Yari akurikiwe n'abantu akangari, abantu basanzwe, abagore bari barikwikubita mu igituza barikubabazwa n'ibigiye kumubaho.
\v 28 Yesu arahindukira arabareba, nuko arababwira ngo: " bahara b'i Yerusalemu, mwere kundirira ahubwo mwiririre, muririre n'abana banyu.
\v 29 Kuko mumenye ko imisi ikayije aho abantu bakagambe ngo: " Hahirwa ingumba, hahirwa inda itazewe, n'amabere gatonkeje."
\q
\v 30 Nuko rero bakabwire imisozi ngo muduhirimeho, n'udusozi ngo muduhishe.
\v 31 None si, babeye barigukorera ibibi bingana guca ku igiti kibisi, bikabere gute igiti ciyumiye ?
\p
\v 32 Ico gihe bari bajenye ibisambo bibiri byari bigomba kwicwa hamwe na Yesu.
\p
\v 33 Babagejeje ahantu hitwa " Igihanga", bamubambira aho hamwe na bya bisambo, kimwe mu kuryo n'ikindi mu bumoso.
\v 34 Yesu aragamba ngo: " Data, bababarire, kuko ntaho biji ibyo barigukora. Bagabana imyenda ye, barayifindira.
\p
\v 35 Abaturage bari bahagaze aho barigutumbira. Abajuji bari bari kumunnyega Yesu, kumunnyonnyobereza Yesubarikugamba ngo: " Ko yakijije abantu si, kuki atokwikiza wonyine, Yikijije wonyine niba ari Kristo, Uwatoranyijwe n'Imana.
\p
\v 36 aAbasoda nabo bari arikumumwaza: " bari kumunnyega, bari kumwegera bari kumugnwesha inzoga bitaga sipongo.
\v 37 Bari kumubwira ngo: " Niba si ur'Umwami w'Abayuda wokwikiza? ".
\v 38 Bandika hejuru y'umusalaba gwe ngo: " Wuno n'umwami w'Abayuda".
\p
\v 39 Umwe w'igisambo bari babambye hambavu ye yari arikumutuka arikugamba ngo: "
\p
\v 40 None si ntaho ari weho Kristo? ". Wokwikiza si natwe ukadukiza? Ariko uwundi akamukosora arikugamba ngo: " Weho ntaho wotinya Imana!
\v 41 Weho uriguhanishwa igihano kimwe n'ice? Twewe niko urubanza rukwiriye gucibwa, kuko duhaniwe ubwicanyi bwacu, ariko wuno ntaco yakorire kibi.
\v 42 Nuko abwira Yesu ngo: " Rata, ukanyibuke, umusi go ukategekereho ".
\p
\v 43 Yesu aramusubiza: " Ndakubwiye m'ukuri, none ubeye na nyowe muri Paradizo " !
\p
\v 44 Yari karibu isaha itandatu, umuyobe guzura ku si yose kugeza isaha ya kenda.
\v 45 Izuba rifunikwa n'umuyobe n'igitambara co kanisa gipasukira hagati, kuva hejuru kugera hasi.
\v 46 Yesu ararira n'ijwi rireyi arikugamba ngo: " Data, nshirire umutima gwa nyowe mu maboko gawe. Akigamba, arapfa.
\p
\v 47 Umusoda mukuru, abwenye ibibeyeho, ashimir'Imana arinokugamba ngo: " Aha, wuno mugabo nta kosa yariyakorire.
\v 48 Bose bari barikureba ibyo byose byabeye, bataha barigukubita ku bituza byabo. Abari
\v 49 biji Yesu bose n'abagore bari bamuherekeje kuva i Galilaya, bari bahagaze kure bari gushungera ibirikuba.
\p
\v 50 Hari hariho umuntu ufite ubwenge wo bitaga Yosefu, umuntu uboneye kandi w'umunyakuri.
\v 51 Kandi ntaho yari yingiye mu mipango n'ibikorwa by'abandi. Yari ari uw'i Arimateo, umugi gw'Abayuda, kandi we yari yirindiririye ko ubwami bw'Imana buyija.
\v 52 Uwo mugabo agenda kwa Pilato kumusaba umubiri gwa Yesu.
\v 53 Agurindimura k'umusalaba, agufunika umwenda, aguhamba mu kaburi kari gacukuwe mu kibuye aho nta muntu numwe wari waragahambwemo.
\v 54 Gwari umusi gwo kwitegura, isabato itari yatangira.
\v 55 Abagore bari baviye i Galilaya, baherekeza Yosefu, babona akaburi nuko umubiri gwa Yesu gwari gurambitsemo.
\v 56 Nuko barataha, batayarisha amarashi n'amavuta. Hanyuma baruhuka umusi gw'isabato bakurikije amategeko.
\c 24
\cl Isura 24
\p
\v 1 Kugwa mbere gw'icumweru, bagenda ku kaburi mu igitondo kare kare bahetse amarashi gwo bari batayarishije.
\v 2 Basanze ibuye ryakuwe k'umuryango gw'akaburi.
\v 3 Bamarire kwinjira, basanze umubiri gwa Yesu gutari mu kaburi.
\v 4 Kuko babuze ibyo batekerezaga ku byabeye, reba, abagabo babiri barabavumbukira bambeye imyenda iri kwerereza.
\v 5 Bagira ubwoba bwinshi, bahisha isura zabo k'ubutaka, ariko abo bagabo barabwira ngo: " Kuki si murigushakira mu bapfiye umuzima? ".
\v 6 Ndo akiri hano, ahubwo yazukire. Mwibuke uko yababwiye, igihe yari akiri i Galilaya.
\v 7 Kandi yagambaga ngo: " bikwiriye ko Umwana w'umuntu ashirwa mu maboko g'abanyabyaha, akabambwa nuko agomba kuzuka umusi gwa gatatu.
\v 8 Nuko bibuka amagambo ga Yesu.
\v 9 Baviye mu kaburi, batangariza byose babandi cumi n'umwe n'abandi bose.
\v 10 Ababwiye ibyo bintu intumwa ni Maria w'i Magdala, Yoana, nyina wa Yakobo, n'abandi bagore bari bari hamwe n'abanafunzi.
\v 11 Abanafunzi bafashe ugwo mwaze nkaho ari indoto, banga kwizera ibyo abo bagore bari bari kugamba.
\v 12 Ariko, Petro arahaguruka, atururukira ku kaburi. Amarire kunama, ico yabwenye gusa ni umwenda ni drape ziri hasi k'ubutaka, hanyuma yatashe iwe, ari gutangaza ibyo yari yabwenye.
\p
\v 13 Murebe, rero, ugo musi, abanafunzi babiri bari kugenda mu rusisiro rwa Emausi. Kuva Emausi kugera i Yerusalemu hari harimo ibilometero hafi nga cumi na kimwe.
\v 14 Bari bari kuganira ku ibyabeye.
\v 15 Bakiganira no gutera impaka, Yesu ayija agenda nabo.
\v 16 Ariko amaso gabo gari garahumishwa ngo bere kumumenya.
\v 17 Nuko arababwira ngo: " Muri kuganira ku biki? ".
\p
\v 18 Nuko barahagarara bafite agahinda. Nuko umwe muri bo witwaga Keleofasi aramusubiza ngo: " Ni weho gusa muri Yerusalemu ataramenye ibyabeyeho muri yino misi? Yesu arababaza ngo: " Habeye ki? ".
\p
\v 19 Nyuma baramusubiza ngo: " Ibyabeye kuri Yesu w'i Nazareti, wa wundi wabaga umuhanuzi ukomeye, mu byo yakoraga no mu magambo hambere y'Imana n'abantu.
\nb
\v 20 Nuko abatambyi bakuru n'abajuji bamutangire ngo bamuhanishe urupfu, bakamubamba.
\v 21 Twari twizeye ko ari we ukakure Abisraeli m'ubuja, ariko, hamwe nibyo byose, reba, imisi itatu yashirire ibyo byose bibeye.
\v 22 N'ukuri ko abagore bamwe muri twewe badutangeje cane, bagiye ku kaburi mu gitondo karekare.
\v 23 Basangire umubiri gwa Yesu gutarimo, baducuriye umwaze ngo abamalaika babizeje no bababwira ko Yesu ari muzima.
\v 24 Bamwe mu bo twaberaga hamwe bagiye ku kaburi basanze ibintu ariko bimerire nkuko abo bagore bari babigambire, ariko bo ntaho bamubwenye ho.
\p
\v 25 Nuko rero, Yesu arababwira ngo: " Mwewe bapfapfa mwe, mwewe abafite umutima gutindaga kwizera byose ibyo abahanuzi bagambire.
\v 26 Ntaho byari biri ngombwa si ko Kristo ababazwa nuko akinjira m'ubwiza bwe ?.
\v 27 Nuko atangirira kuri Musa no ku bahanuzi bose kugira ngo abamenyeshe ibyari bimwerekeye mu byandikirwe.
\p
\v 28 Bageze hafi y'urusisiro bari bagiyemo, amera ng'ushaka kuja kure.
\v 29 Ariko baramuhata ngo: " Mbe wabana na twewe ko ubwire bugeze hafi, umusi gukaba gugiye gushira. Nuko arinjira ngo abane nabo.
\v 30 Igihe yari ari ku meza hamwe nabo, yafashe umukati, nuko amarire gushimira aragumanyagura aragubaha.
\v 31 Nyuma yaho, amaso gabo garafunguka nuko baramumenya ariko ararigita ntibongere kumubonaho.
\v 32 Barabwirana ngo: " Kwizera kwacu ntaho kwari kurikwaka muri twewe igihe yari ari kutugambisha mu nzira no kudufungurira ibyandikirwe.
\v 33 Muri ako kanya barahaguruka, basubira i Yerusalemu, nuko basangayo ba bandi cumi n'umwe, n'abari bateraniye hamwe nabo.
\v 34 Bari kugamba ngo: " M'ukuri Umwami yazutse, yayiyerekanye kwa Simoni.
\v 35 Babara umwaze gwerekeye ibyababeyeho mu nzira nuko bamumenye igihe co yamanyaguye umukati.
\p
\v 36 Akigamba guco, yiyerekana yikeye hagati yabo, arababwira ngo: " Amahoro gabane namwe! ".
\v 37 Barishiduka, bagira n'ubwoba bwinshi, kuko batekereje ko babwenye igihindi.
\v 38 Ariko arababwira go: " kuki mubuze amahoro, no kubera iki ibitekerezo bamerire guca byingiye mu mitima yanyu?
\v 39 Murebe amaboko n'ibirenge bya nyowe, ni nyowe nyenyine, munkoreho murebe, igihindi nta mubiri cangwa amagufa kigiraga, ariko njewe ndabifite.
\v 40 Amaze kugamba guco, abereka intoke ze n'ibirenge bye.
\v 41 Kuko bari bari mu byishimo, no gutangara, Yesu arababaza ngo: " Mufite ibiryo? ".
\v 42 Bamwereka ihere ryokejwe n'ikinyagu c'ubuki".
\v 43 Arabifata, abirira hambere yabo.
\p
\v 44 Nyuma arababwira ngo: " Ibyo nibyo nababwiraga imisi naberaga namwe, ko byari ngombwa ko ibyandikirwe binyerekeye mu tegeko rya Musa, m'ubahanuzi no muri Zaburi byuzura.
\v 45 Nuko afungura imitima yabo kugira ngo bumve neza ibyandikirwe.
\v 46 Nuko arababwira ngo: " Niko byanditswe ko Krisito yari agomba guteseka kandi akazuka kuva mu abapfuye umusi gwa gatatu,
\v 47 Nuko kwihana n'imbabazi z'ibyaha zari zigombye kwigishwa mu izina rye mu ibihugu byose, batangiriye i Yerusalemu.
\v 48 Muri abadimwe ba nyowe b'ibyo bintu.
\v 49 Kandi, murebe, ndigutuma kuri mwewe indagano ya Data, ariko mwewe, mube mu mugi kugeza igihe mukayaambikwe ingufu ziviye hejuru.
\p
\v 50 Agenda nabo kugera i Betania, kandi amarire gushiraho amaboko hejuru,
\v 51 arikubaha umugisha, arabasiga, apandishwa mu juru.
\v 52 Kuri bo, bamaze kumuramya, basubira i Yerusalemu bishwe n'ibyishimo.
\v 53 Bahoraga mu i kanisa, bari kuramya no gushimira Imana.